Ibi byatangajwe ku itariki 4 Nzeli 2015 mu gikorwa cyo kumurikira aho umushinga w’inyubako iyi Kaminuza igiye kwimukiramo mu minsi ya vuba ugeze.
Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amashami ya MKU, Prof Evans Kerosi yavuze ko ari byo koko hari amwe mu masomo y’Ubumenyi yahagaritswe ariko ibyo basabwe bakaba baramaze kubikosora.
Yagize ati ”Hari amasomo basanze atujuje ibisabwa. Ubu ibyo twasabwa kongeramo twabyongeyemo. Dutegereje ko mu cyumweru gitaha HEC iza kureba uko bimeze ikaba yatwemerera gukomeza.”
Kerosi avuga ko amasomo basabwe kongeramo, bazayigisha abanyeshuri ku buntu yaba abakiri kwiga cyangwa abarangije, ibi ariko bikazaturuka ku mwanzuro uzafatwa na HEC.
Ikindi kibazo iyi Kaminuza yagaragarijwe n’ikijyanye n’inyubako ariko na cyo yatangiye ku gikemura kuko imirimo y’inyubako yayo iherereye mu Murenge wa Kagarama, Akarere ka Kicukiro irimbanyije ikazaba yarangiye mu ntangiriro z’umwaka utaha.
Umuyobozi wa MKU ishami rya Kigali, Dr.Merycyline Kamande yagize ati: ”Imirimo yo kubaka igeze kure, twizeye ko mu ntangiriro za 2016 nyuma yaho tuzaha umwanya ababishinzwe barebe niba yujuje ibisabwa. Izatangira kwigirwamo muri Gicurasi 2016.”
Kamande akomeza avuga ko icyo biyemeje ari ugutanga uburezi bufite ireme kandi bugatangirwa ahantu heza hisanzuye hafite n’ibyangombwa byose umunyeshuri akeneye ngo yige neza.
Iyi kaminuza izigishirizwamo amasomo yose yatangirwaga ahantu hatandukanye mu mujyi wa Kigali yitezweho kuba Icyitegererezo mu mashuli y’Ubuvuzi mu Rwanda no mu karere, kuko izaba ifite laboratwari (laboratoire) zirenga umunani zifite ibikoresho bigezweho.
Mukaneza M.Ange
[email protected]



















TANGA IGITEKEREZO