Iri soko rifite ubushobozi bwo kwakira abacuruzi basaga 190, rikaba ryitezweho gufasha urubyiruko rurimo abakobwa, abahungu n’abagore muri rusange basanzwe bahacururiza.
Iri soko ry’imbuto n’imboga rya Mushimba ryubatswe n’umuryango nyarwanda utari uwa leta uharanira iterambere ry’umwana urubyiruko n’umugore Save Generations Organization ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere - RGB ku Nkunga ya UNDP binyuze mu mushinga "Tumurinde twubaka ejo heza" ushyirwa mu bikorwa na Save Generations Organization mu karere ka Kamonyi.
Ubusanzwe Isoko rya Mushimba ryari ryubakishije imbaho n’amabati nabwo aho gucururiza hadahagije, bigateza akajagari mu bucuruzi kuko abakiliya ntaho bagiraga basanga ibicuruzwa hahoraho.
Uwase Angelique usanzwe acururiza muri iri soko ndetse akaba ari n’umwe mu baba mu mushinga wa Tumurinde Twubaka ejo Heza, yavuze ko yishimiye kuba yarahawe aho gucururiza hizewe kuko ubusanzwe yacururizaga ku muhanda.
Yagize ati“Mbere byarangoraga kuko sinagiraga aho gucururiza. Nagendanaga ibicuruzwa mu ntoki ku muhanda bigatuma numva ntatekanye, ariko ubu ndumva nishimiye kuba Save Generations Organization yaratwubakiye isoko. Bizadufasha gukora dutuje kandi no guhana amakuru y’uburyo twagura imikorere na bagenzi bacu bizatworohera kuko tuzaba dukorera hamwe ”.
Kayitesi Claudine na we yavuze ko yishimiye isoko bahawe. Ati “ Nakoraga ubucuruzi bwo mu muhanda butemewe rimwe na rimwe ibyo ncuruza bikangirika ndetse bikamviramo no gufungwa bitewe n’uko nacuruzaga bitemewe ku muhanda mu buryo buteje akajagari. Ndashimira Save Generations Organization yadutekerejeho mu buryo twe tutari kwishoboza itwubakira isoko rizangirira akamaro kuko nziteza imbere."
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvère yavuze ko kuba abahawe isoko babonye aho bakorera hisanzuye, bikwiye kubabera imbarutso y’iterambere by’umwihariko abakiri bato.
Yagize ati “Kuba baritinyutse bakumva ko bakwiye kwiteza imbere, turabasaba gukora cyane. Abana b’abakobwa n’abahungu bafite imiryango bitaho bakiri bato, bakomeze bumve ko inshingano zabo bazikora neza. Turabasaba kwirinda ibyatuma bongera gusubira inyuma, akomeza ashimira umufatanyabikorwa Save Generations Organization yagize uruhare mu iyubakwa ryiri soko”.
Umukozi ushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga iterwa inkunga n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB, Yvonne Habiyonizeye yavuze ko iri soko ritanga icyizere mu iterambere ry’urubyiruko rwa Gacurabwenge kuko riri ahantu heza habafasha kubona abaguzi, by’umwihariko umutekano w’abana barera ukarushaho kwitabwaho kuko hari irerero.
Uwaje ahagarariye Inama Njyanama ya Save Generations Organization Nadine Niyitegeka yashimiye ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi, asaba urubyiruko rwahawe isoko kurushaho kuribungabunga baribyaza umusaruro mu buryo bw’ubucuruzi bwiza kandi bwemewe.
Hakim Mugenyi wari uhagarariye Save Generations Organization, yavuze ko bishimiye kuba iri soko ryahawe urubyiruko n’abagore kuko rizabafasha kwiteza imbere.
Yavuze ko Save Generations Organization isanzwe ikorera mu karere ka Kamonyi kuva 2018 kugeza ubu ibikorwa bigamije kongerera ubumenyi abangavu, ingimbi n’urubyiruko muri rusange ku buzima bw’imyororokere, kuri ubu bakaba bazakomeza gukurikirana uko iryo soko rifasha abagore n’abakobwa kwiteza imbere.
Mugenyi avuga ko by’umwihariko iri soko rizafasha abakobwa n’abagore kugira umutekano ndetse n’ibibazo bahuraga nabyo bikagabanuka birimo ihohoterwa n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!