Iyo mirambo yabonetse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Ugushyingo 2022 ahagana saa Kumi n’Imwe. Ni nyuma y’uko babuze nyuma y’imvura nyinshi yaguye muri aka gace ahagana saa Munani.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvestre, yabwiye IGIHE ko imirambo y’abo bagabo yabonywe n’abaturage bahita babimenyesha ubuyobozi.
Ati “Byabaye twabimenye turimo gukurikirana kugira ngo tumenye neza icyabiteye.”
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko abo bagabo bapfuye ari Tuyizere Thierry w’imyaka 20 y’amavuko; Hagenimana Jean Claude w’imyaka 26 y’amavuko na Irakoze Samuel w’imyaka 20 y’amavuko.
Bose uko ari batatu bari batuye mu Kagari ka Bugoba mu Murenge wa Rukoma. Imiryango yabo yamaze kumenyeshwa ndetse imirambo yabo ihita ijyanwa kwa muganga gukorerwa isuzuma.
Bivugwa ko bashobora kuba batwawe n’umuvu w’amazi ubwo bari bagiye muri uwo mugezi wa Rwobe kuyungurura amabuye y’agaciro bacukura mu buryo butemewe.
Meya Nahayo yihanganishije imiryango yagize ibyago, asaba abaturage kujya birinda ikintu cyose gishobora kubateza ibyago nko kujya mu mvura cyangwa gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.
Ati “Dusaba abantu kujya bacukura amabuye mu buryo bwemewe n’amategeko, kuko iyo babikoze nabi bigira ingaruka mbi bikaba byabatwara n’ubuzima.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!