Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, yari itwaye abagenzi bavaga i Kigali berekeza i Muhanga yabirindutse munsi y’umuhanda, 10 barakomereka mu Murenge wa Runda, AKarere ka Kamonyi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CSP Hubert Gashagaza, yabwiye IGIHE ko imodoka yaturitse ipene, ihita ijya munsi y’umuhanda, abagenzi 10 barakomereka, ariko bidakabije cyane.
CSP Gashagaza yakomeje avuga ko abakomeretse babonye ubutabazi bwihuse, bahita bajyanwa bamwe ku bitaro bya Remera Rukoma, abandi bajyanwa mu bitaro bya Kigali CHUK.
Iyi mpanuka ije ari iya 4 muri iki cyumweru, nyuma y’iyahitanye Umunyemari Rwigara Assinapol, n’izindi ebyiri zabereye mu Murenmge wa Gisozi, n’izindi 2 zabereye muri Uganda zanahitanye Abanyarwanda batatu, abandi bagakomereka.



















TANGA IGITEKEREZO