Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Ushinzwe ishami ryo mu muhanda, SSP Emmanuel Kabanda, yatangarije IGIHE ko uretse ubuzima bw’abo bana n’umushoferi yakomeretse ajyanwa kwa muganga.
Yagize ati “Ibaye mu kanya saa sita i Musambira, ni imodoka yo mu bwoko bwa Prado yagonze abana bava ku ishuri batatu barapfa, undi ni we wahise atwarwa mu bitaro ndetse n’umushoferi wari uyitwaye.”
SSP Kabanda yaboneyeho kongera gusaba abashoferi kurushaho kubahiriza amategeko y’umuhanda, kuko yubahirijwe impanuka ntizakomeza gutwara ubuzima bw’abantu.



















TANGA IGITEKEREZO