00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Inzu y’uwarokotse Jenoside yahiye bikekwa ko hari abayitwitse

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 14 April 2024 saa 05:04
Yasuwe :

Inzu ya Kayiranga Charles warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 utuye mu Kagari ka Mugina mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, yafashwe n’inkongi maze igisenge cyayo kirashya aho bikekwa ko hari abayitwitse.

Ibi byabye ahagana saa Saba z’ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Mata 2024.

Amakuru agera ku IGIHE avuga ko iyi nzu y’uyu muturage yari isakaje amategura ndetse nta n’amashanyarazi yayibagamo ku buryo bikekwa ko yatwitswe n’abantu batari bamenyekana.

Iyi nzu ikimara gufatwa n’inkongi, abanyerondo n’abaturage barimo umuryango wa nyirayo bahise bihutira kuzimya, banasohora ibintu byarimo n’amatungo, uretse ko hari bimwe mu byahiriyemo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugina, Nsengiyumva Pierre Celestin, yavuze ko amakuru yo gushya kw’iyi nzu ari yo, ariko ko bataramenya imvano yabyo ndetse ko hagishakishwa icyaba cyateye iyi nkongi n’uwaba yabikoze.

Umuyobozi w’Umuryango uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside (IBUKA) mu Karere ka Kamonyi, Zakariya Mwenedata, na we yemereye itangazamakuru ko aya makuru bayamenye ndetse bagikurikirana ngo hamenyekane ukuri kugira ngo niba hari n’uwabigizemo uruhare ashakishwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages