00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Umugabo arakekwaho kwiyicira umwana agiye gukubita nyina ashinja kumuca inyuma

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 19 April 2018 saa 09:17
Yasuwe :

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 wo mu Murenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi, yatawe muri yombi ku wa 18 Mata 2018, akekwaho gukubitira umwana bikamuviramo urupfu.

Mu gitondo cyo ku wa 18 Mata 2018 nibwo inkuru y’urupfu w’umwana uri mu kigero cy’imyaka 12 yumvikanye, aguye ku bitaro bya Remera Rukoma aho yari arwarijwe na se ukekwaho kuba ariwe wamukubise.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Emmanuel Kayigi, yabwiye IGIHE ati “Yarwanye n’umugore we ku wa 17 Mata 2018, saa tatu z’ijoro, afata inkoni agiye kuyikubita umugore, ayikubita umwana we witwa Dushimimana. Bahise bamujyana ku Kigo nderabuzima cya Gihara, yoherezwa ku Bitaro bya Remera ari naho yaguye. Umugabo Twamufashe, ari kuri Sitatiyo ya Polisi ya Rukoma.”

Polisi yemeje ko uwo mugabo yari asanganywe amakimbirane n’umugore we, igira inama abaturage yo gutangira amakuru ku gihe no gucika ku muco wo kwihanira.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages