Urupfu rwa Gasimba Simon w’imyaka 38 y’amavuko, rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa 23 Ukwakira 2017, ku kabari gaherereye mu Kagari ka Gihara banyweragamo inzoga.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, IP. Emmanuel Kayigi, yabwiye IGIHE ko ukekwaho kwica murumuna we yahise acika n’ubu agishakishwa.
Yagize ati “Ni uwishe umuvandimwe we, bapfuye ibintu by’amasambu. Yahise acika bari bari ahantu ku kabari, barashwana batangira kurwana, amukubita icupa ku mutima, yigiye hirya gato ahita yikubita hasi, undi ahita yiruka abacika atyo.”
Yakomeje avuga ko hagikorwa iperereza ngo bamenye amakuru yimbitse kuri urwo rupfu no gushakisha uwo ukekwaho kwica umuvandimwe we kuko yahise acika.



















TANGA IGITEKEREZO