00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Abaforomo batandatu banduye COVID-19, bidindiza imikorere y’Ikigo Nderabuzima cya Rubengera

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 12 January 2022 saa 08:28
Yasuwe :

Abarwayi bivuriza ku kigo nderabuzima cya Rubengera mu Karere ka Karongi babangamiwe no kuba bari kumara amasaha menshi ku mirongo babuze abaganga n’abaforomo babavura.

Saa Tanu z’amanywa ku wa 11 Mutarama 2021, IGIHE yageze kuri iki kigo nderabuzima isanga hari abarwayi bahazindukiye batarabona umuforomo ubasuzuma, barimo n’abari baraye batavuwe bari bongeye kuhazindukira.

Umukecuru w’imyaka 60 wari waturutse mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro yavuze ko atazi impamvu serivise zo kuri iki kigo nderabuzima ziri gutinda.

Yagize ati "Nageze aha mu ma saa Mbili. Urahagera ukahirirwa ariko nabivuza baba ari benshi. Turasaba ko mwadukorera ubuvugizi kuko umuntu aba akeneye kuvurwa agataha".

Ntakirutimana Eric bwari ubwa kabiri atera iperu kuko umunsi wari wabanje yahiriwe agataha atavuwe.

Ati "Abaganga bashobora kuba ari bake abarwayi tukaba turi benshi. Natangiye kwivuza hano ku munsi w’ejo, muganga ava hamwe akajya ahandi aho yari ari abarwayi bagasigara bicaye. Servise ishobora kuba itari kugenda neza atari ukubera ubushake bw’abaganga ahubwo ari ukubera ubuke bwabo".

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro by’Icyitegererezo bya Kibuye Dr Ayingeneye Violette yavuze ko ikibazo kiri ku Kigo Nderabuzima cya Rubengera ari uko hari abaforomo barwaye COVID-19.

Ati "Twaboherereje abaganga bo kubafasha mu gihe ababo barwaye. Bafite abaforomo batandatu barwaye COVID-19 bari mu rugo. Turi kuboherereza abo kubafasha, babiri ba ku manywa na babiri ba nijoro".

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yabwiye Radiyo Isangano ko mu cyumweru kimwe haraba habonetse abaganga bo kuziba icyuho.

Ikigo Nderabuzima cya Rubengera ku munsi cyakira abarwayi bari hagati ya 130 na 150, kikaba gifite abaforomo 14, kuri ubu abari mu kazi ni icyenda 9 kubera ko abandi barwaye.

Abarwayi bari kuba benshi ku buryo hari n'abasabwa kugaruka ku munsi ukurikiyeho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages