00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imodoka y’uwahoze ari Gitifu w’Umurenge wa Kivu yarohamye mu Kivu (Yavuguruwe)

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 1 September 2015 saa 05:00
Yasuwe :

Imodoka ya Ntarindwa George, wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru yarohamye mu Kivu mu Karere ka Karongi mu gitomdo cy’iyi tariki ya 1 Nzeri 2015.

Ababonye iyo modoka batangarije IGIHE ko yamanutse igendera ku muvuduko udakabije, igata umuhanda ikagonga igiti, maze igahita yiroha mu Kivu, baje kureba basanga uwari uyitwaye yataye ibyangombwa imusozi.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Francois Ndayisaba, yatangarije IGIHE ko iyo modoka yari itwawe na Ahorukomeye Donath w’imyaka 29, wari utwaye atanabifitiye uruhushya, dore ko afite urwo gutwara moto gusa (yari afite Categorie A).

Kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye iyo mpanuka, ariko harakekwa ubusinzi, dore ko ngo Ahorukomeye wari uyitwaye yari yaraye mu Kabari.

Ingabo zirwanira mu mazi hamwe n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya impanuka zo mu mazi, bahise bagera mu Kivu batangira gushakisha iyo modoka n’uwari uyirimo.

Mu masaha y’igicamunsi ni bwo iyo modoka yaje kuboneka ndetse ihita inakurwa mu kivu, ariko uwari uyitwaye we ntiyahita aboneka.

Abantu bahise baza gushungera aho imodoka yamanukiye yiroha mu Kivu
Uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwa Ahorukomeye rugaragaza ko yemerewe gutwara moto gusa
Imodoka yabanje guhagama ku byatsi nyuma iza kurohama mu Kivu babanza kuyibura
Imodoka yaje kuboneka ariko uwari uyitwaye akomeza kubura

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages