00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: REG yaburiye abakozi bayo baca abaturage amafaranga iyo habayeho ibibazo by’umuriro

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 10 December 2021 saa 05:44
Yasuwe :

Abaturage bo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Rubengera bavuga ko babangamiwe n’amafaranga bacibwa n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ingufu REG, iyo babitabaje amashyanyarazi yagize ikibazo.

Nyiransekambabaye Zainab, utuye mu Kagari ka Gacaca, Umudugudu wa Gasharu avuga ko aya mafaranga bamaze kuyacibwa inshuro ebyiri.

Ati “Ikibazo mfite, hari ukuntu umuriro upfa twahamagara kuri REG ngo baze bawudukorere abakozi bakatwaka amafaranga kandi nkaba nzi neza ko bakorera REG kandi ibahemba.”

Uyu mubyeyi avuga ko mu minsi ishize amashanyarazi yagize ikibazo bahamagara REG, umukozi ugiye kuyakora abaka amafaranga, hashize ukwezi yongeye kugira ikibazo undi mukozi abanga andi.

Ati “Nabahaye amafaranga 1300Frw, mbasigayemo 1000. Mbabajije bambwiye ko 1300 ari ay’akantu ko gufungisha amasinga, ayo ngayo 1000 yo ngo ni ay’uko buriye ipoto. Buri muntu bamuciye 2300Frw uko turi batatu”.

Twagirayezu Samuel avuga ko aba bakozi mbere yo kurira ipoto babanza gusaba abaturage amafaranga rimwe bakayita aya moto ubundi bakayita ayo kurira ipoto.

Ati “Twibaza niba umuturage ari we uzajya ahemba abakozi ba REG byaratuyobeye.”

Aba baturage bifuza ko abakozi ba REG bajya bafasha abaturage badakurikiye amafaranga arenga ku yo bahembwa.

Umuyobozi wa REG mu Karere ka Karongi, Dusengimana Damien avuga ko ibyo abo bakozi bakora bitemewe agasaba abaturage kujya bahita babimenyesha REG igihe hari umukozi ubatse amafaranga.

Ati “Ibyo ntabwo byemewe rwose n’uwo bizajya bibaho ajye ahita abivuga. Abo bigaragayeho turabirukana kandi tukabashyikiriza RIB.”

Bamwe mu bakozi ba REG baravugwaho kwaka amafaranga abaturage ngo babafashe gukemura ikibazo by'umuriro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages