00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Umwana w’imyaka irindwi yarohamye mu kidendezi arapfa

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 3 July 2026 saa 09:53
Yasuwe :

Umwana w’imyaka irindwi wo mu Karere ka Karongi, yarohamye mu kidendezi gifata amazi ajya mu nkambi ya Kiziba, arapfa.

Byabereye mu Mudugudu wa Kigogwe Akagari ka Nyarusanga, Umurenge wa Rwankuba w’Akarere ka Karongi ku wa 2 Nyakanga 2026.

Mu masaha ya mu gitondo nibwo ababyeyi b’uyu mwana bamusabye kujya kuvoma amazi mu kidendezi gihari, bategereza ko agaruka baraheba bagiye kureba basanga yarohamyemo, bahita banamenyesha ubuyobozi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwankuba, Niyonsaba Felicien yabwiye IGIHE ko bakibimenya bajyanye n’inzego z’umutekano, DASSO, Polisi na RIB.

Ati “Uwo mwana nibyo koko yitabye Imana aguye mu kidendezi cy’umugezi ahantu bagomeye hafatirwa amazi atunganywa akajya gukoreshwa mu nkambi ya Kiziba. Yanyereye agwamo, ahita yitaba Imana ubu umurambo wajyanywe ku Bitaro bya Kibuye gukorerwa isuzuma”.

“Icya mbere ni ukwihanganisha umuryango wabuze umwana, hanyuma icyo twabwira abaturage ni ukwirinda kohereza abana ku migezi nk’uyu ushobora gutwara ubuzima bwabo”.

Hafi y’iki kidendezi hari ivomo rusange, ariko hari abaturage banga kwishyura amafaranga 20 Frw ku ijerekani bakajya kuvoma amazi y’ubuntu muri icyo kidendezi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages