Morsi wategetse Misiri imyaka isaga 30 akaba yari yarahawe igihano nk’iki mu rubanza rwabanje muri Gicurasi umwaka ushize, yashinjaga kunyereza amafaranga arenga miliyari 10 z’amafaranga y’u Rwanda(agera kuri miliyoni 13,5 z’ama Euro), ibyaha ngo yakoranye n’abahungu be Gamal na Alaa.
Mbere yo kujuririra iki cyemezo, abahungu be bari bakatiwe imyaka ine y’igifungo.
Umushinjacyaha akaba yari yarasabiye Hosni Mubarak w’imyaka 85 igihano cy’urupfu.
Muri Kamena 2012, Moubarak yari yakatiwe gufungwa burundu ashinjwa gutegeka ingabo zari kurasa mu baturage bigaragambyaga bashaka kumuhirika ku butegetsi mu mwaka wa 2011, gusa icyo cyemezo urukiko rusesa imanza rwaje kugikuraho.



















TANGA IGITEKEREZO