Muri iyi nteko rusange abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu nzego zinyuranye bagaragarijwe ibibazo byugarije iyi Ntara, bakwiriye kugiramo uruhare ngo bikemuke.
Umuyobozi w’agateganyo w’ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB, Dr Ngarambe Christian yagaragaje ko mu Ntara y’Amajyepfo hakiri indwara zishingiye ku isuku nke zinaherekezwa n’ingwingira ry’abana kuri ubu riri kuri 33%.
Ibibazo nk’ibi n’ibindi byagaragajwe, abanyamuryango ba RPF Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo biyemeje kubihagurukira bahereye ku kubazwa inshingano z’aho bakorera no kwihutira gukemura ibiri mu nshingano zabo.
Bamwe mu baganiriye n’itangazamakuru bavuze ko bikwiye kumanuka mu mudugudu kuko ari ho hari ishingiro ry’umuryango RPF Inkotanyi.
Muri iyi nteko rusange kandi habayemo no gusimbuza imyanya yarimo ibyuho by’abayobozi aho Kayitesi Alice usanzwe ari n’umuyobozi w’intara y’Amajyepfo yatorewe kuba Chairperson w’umuryango RPF Inkotanyi mu Majyepfo.
Nyuma yo gutorwa, yavuze ko agiye kongera ikibatsi mu gukangurira abanyamuryango kwimakaza amahame y’umuryango kuko ngo akenshi usanga kuyateshukaho aribyo bizana imikorere mibi.
Yagize ati “Tugiye kubaka inzego z’umuryango zishoboye kandi tuzanazubakira ubumenyi n’ubushobozi kuko mu by’ukuri biriya bibazo biri hariya hose dukorera cyangwa se tuba, n’ubwo wasanga hatayoborwa n’umunyamuryango,ariko byibuze haba hari abakarebye ibitagenda.”
Iyi nteko rusange yateraniyemo abanyamuryango basaga 700 baturutse mu mirenge 101 igize intara.
Chairperson mushya Kayitesi Alice,asimbuye Vuganeza Aaron wari uri muri izi nshingano kuva muri 2019.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!