Abo baturage basaga 600 bavuze ko ubwo uyu mushinga watangiraga gutunganya ibishanga mu masambu yabo yari aherereye mu gishanga cya Rugazi II ndetse no ku bundi butaka bwari ku nkuka z’iki gishanga bungana na hegitare 180 mu mwaka wa 2012, bari bijejwe ko bazahita bahabwa ingurane ariko imyaka ine irihiritse ntakirakorwa.
Ubu butaka bakaba barabwatswe kugira ngo bubyazwe umusaruro na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ibinyujije muri RSSP.
Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 63 y’amavuko yavuze ko kuva yabarirwa ngo nta mafaranga na make yigeze ahabwa.
Ati "Batubaruriye hamwe n’abandi ariko icyaje kugaragara ni uko bamwe babishyuyeho macye ariko njye n’icyiciro cya mbere ntayo bampaye, nkibaza iherezo ry’ibi bikanyobera.“
RSSP yemera ko habayeho ubukererwe mu gutanga ingurane kuri aba baturage, ariko ngo barimo kurebwa uko iki kibazo cyakemurwa bitarenze mu mpera za Gashyantare 2016, nk’uko byemezwa n’Ushinzwe ibibazo by’abaturage no kubikemura muri uwo mushinga k’urwego rw’igihugu, Benjamin Murigande.
Yagize ati "Habayeho ikibazo cyo kwibeshya mu mibare bituma ibyari byakozwe bisubira inyuma ariko ubu ibaruwa yageze hano tugiye kubikora vuba ku buryo nko mu byumweru bibiri cyangwa bitatu bazaba bamaze kwishyurwa bose.“
Ikibazo cyo gutinda gutanga ingurane ku baturage ahagiye gukorerwa igikorwa remezo runaka gikunze kugaragara muri iyo Ntara, aho abaturage bavuze ko hagakwiye kwigwa uko umuturage yajya abanza guhabwa ingurane ku mitungo ye mbere y’uko yimurwa, mu rwego rwo kwirinda ibibazo bahura nabyo nyuma yo gukurwa mu masambu yabo.



















TANGA IGITEKEREZO