Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Théobald Kanamugire, yabwiye IGIHE ko uwo mwana yari avuye ku ishuri se amusabye guteka arabyanga ahita amwica.
Yagize ati “Uwo mwana yitwa Uwase Béatrice yari afite imyaka 15, se yamutegetse guteka abyanze aramukubita bimuviramo urupfu nyuma y’amasaha ane.”
Umugabo wihekuye afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndego muri Kayonza mu gihe umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Rwinkwavu.
CIP Kanamugire yaboneyeho gutanga ubutumwa ku baturage bwo kwirinda gukubita yaba umwana n’umuntu mukuru kuko bitemewe, abasaba kujya babacyaha aho kubakubita.
Ingingo ya 151 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, iteganya ko gukubita cyangwa gukomeretsa umuntu ku bushake bigatera urupfu, iyo gukubita cyangwa gukomeretsa umuntu ku bushake byateye urupfu, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka icumi kugeza ku myaka cumi n’itanu.
Iyo yakoze urwo rugomo yabigambiriye cyangwa yabanje gutega igico, ahanishwa igifungo cya burundu.



















TANGA IGITEKEREZO