Abagera kuri 200 bitabiriye uyu muganda wabaye kuri uyu wa 27 Mutarama 2018, aho bakoze isuku ku cyicaro cya Ambasade giherereye ku muhanda wa Limuru mu gace ka Gigiri.
Ambasaderi James Kimonyo uhagarariye u Rwanda muri Kenya yashimiye ubuyobozi bw’Umujyi wa Nairobi, ku bufasha bujyanye n’ibikoresho bwatanze ndetse n’abaturage ba wo bawitabiriye ari benshi.
Ati “Twishimiye gukomeza gufatanya n’Abanyarwanda baba Nairobi muri iki gikorwa, ariko by’umwihariko twemeranyije n’ubuyobozi bw’umujyi ko iki gikorwa kizagera ku ntego zacyo, igihe kizaba gikozwe ku bufatanye nabwo.”
Yakomeje asobanura ko Umuganda ari ibikorwa by’isuku byatangijwe mu 2004 kandi byafashishe u Rwanda kubungabunga ibidukikije.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ibidukikije wari uhagarariye Guverineri wa Nairobi, David Makori, yashimiye ambasade kuba yateguye igikorwa nk’iki, avuga ko biteguye gukorana nayo kugira ngo uyu mujyi urusheho gusa neza.
Yakomeje avuga ko Guverineri w’Umujyi wa Nairobi ashyigikiye cyane iki gikorwa ndetse buri kwezi bakazajya bategura insanganyamatsiko ku bidukikije, ubundi bagahamagarira abaturage bose kwitabira ibikorwa by’isuku.
Abanyarwanda baba muri Kenya nabo bagaragaje ko bishimiye kwitabira umuganda, aho Lorna Nshuti w’imyaka 10 yavuze ko yanezejwe no kuba atasigaye mu rugo mu gihe abandi bari mu gikorwa cy’ingenzi nk’iki, ahamya ko atazajya abura na rimwe keretse gusa igihe ari ku ishuri.
Gigiri ahahereye Ambasade y’u Rwanda ni agace kabarizwamo ishyamba ryitwa Karura, riza mu manini agaragara mu Mujyi wa Nairobi.



















TANGA IGITEKEREZO