Ubwo yagiraga icyo atangaza bwa mbere kuva amatora yasubirwamo, Odinga yahamagariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi kwitabira imyigaragambyo yamagana ibyayavuyemo.
Inkuru dukesha VOA ivuga ko Odinga atigeze akomoza ku bijyanye no kuba yageza ikirego mu rukiko.
Uhuru Kenyatta ni we wegukanye intsinzi ku majwi asaga 98%, atowe n’abaturage bagera kuri miliyoni 7,5.
Aya matora yabaye ku wa Kane w’icyumweru gishize yari ayo ku nshuro ya kabiri nyuma y’ayabaye ku itariki 8 Kanama, akaza guteshwa agaciro n’Urukiko rw’Ikirenga, rwemeje ko Komisiyo y’Amatora itubahirije amategeko ayigenga ndetse n’Itegeko Nshinga.
Odinga yari yahamagariye abaturage kutitabira aya matora ndetse we ubwe ayikuramo avuga ko Komisiyo y’Amatora idashobora kuyategura mu buryo butabogamye.
Komisiyo y’Amatora yatangaje ko 39% by’abemerewe gutora ari bo bitabiriye amatora yo ku wa 26 Ukwakira, mu gihe aya mbere yari yitabiriwe ku kigero cya 80%.
























TANGA IGITEKEREZO