Ibi byatangajwe ku wa 15 Kanama 2015, ubwo hongeraga guhurira imbaga y’Abakirisitu Gaturika ku munsi hizihizwaho ijyanwa mu ijuru rya Bikiramaliya.
Flavia ukomoka mu Butaliyani, yatangaje ko baba baje kwifatanya n’abanyarwanda baturutse mu mpande zose z’isi, ati “Turi abakirisitu twaturutse mu Butaliyani, twaje mu rwego rwo gusangira n’abanyarwanda amateka y’ingoro ya Bikiramaliya.”
Bamwe mu baturuka mu bihugu bya kure babwiye RBA ko bitaborohera kubona amacumbi n’ibyo kurya iyo bageze i Kibeho.
Uwitwa Agnes Chambard, waturutse muri Uganda yagize ati “Ntibyoroshye, twabuze amacumbi twaraye hanze, birababaje mu gihe kizaza aha hantu ntekereza ko hazajya hitabirwa n’abantu bo mu bihugu bitandukanye. Ndasaba Guverinoma ko yakongera amacumbi ku banyamahanga tuba twaje dushaka kurara nk’iminsi nk’itatu, ariko tukabura aho turara.”
Akomeza agira ati “Twaje twizaniye impamba, kuko ubushize batubwiye ko kubona ibyo kurya bigoye, nk’uko mubibona kubona ibyo kurya ntibyoroshye.”
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, yavuze na we yemera ikibazo cy’amacumbi kuko n’ubwo yiyongera ariko ntajya agera ku rwego rwifuzwa.
Ati “Ni byo ndemera ko hari ikibazo cy’amacumbi ni yo mpamvu dushishikariza abashoramari gushakira umuti iki kibazo…Usanga abantu bikorera bagenda gake mu kugaragaza ko bakwiye gukemura iki kibazo…Urabona bano bantu baje bakeneye gucumbika kandi baturutse kure.”
Kibeho ni umujyi muto uherereye mu karere ka Nyaruguru mu Majyepfo y’u Rwanda, hakaba hamwe mu hantu nyaburanga hakorerwa ubukerarugendo cyane cyane ubushingiye ku myemerere ya Gikirisitu. Ni ahantu hamenyekanye cyane igihe habaga amabonekerwa mu mwaka wa 1981.
[email protected]
Twitter:@biroridinatale



















TANGA IGITEKEREZO