Ni impanuka yabaye ahagana Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba. Amakuru y’ibanze avuga ko abanyeshuri bane bagendaga iruhande rw’umuhanda, bakomeretse mu buryo bukomeye ndetse n’abari mu modoka bagiye bagira ibikomere bitandukanye.
Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yanongeyeho ko iyi mpanuka ikimara kuba, Polisi y’u Rwanda yahise itabara.
Ati "Polisi yahise itabara, abakomeretse bajyanwa kwa muganga. Harimo n’abakomeretse bikomeye ariko bose bari kwitabwaho."
Yongeyeho ko Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego barimo gukurikirana abanyeshuri bajyanwe kwa muganga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!