Ibi byabaye ahagana saa kumi z’umugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 11 Mata 2024.
Iyi nzu ikimara gufatwa n’inkongi, abaturage bagerageje kuyizimya birabananira bahita bahamagaza Ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi basanga inzu yamaze, bagerageza kuzimya kugira ngo idakongeza n’izindi.
Abatuye muri aka gace babwiye IGIHE ko iyi nzu yafashwe n’inkongi yatewe n’insinga z’amashanyarazi.
Uwitwa Habiyambere Emmanuel ati “ Ni insinga z’amashanyarazi zayiteye kuko zaturaguritse n’inzu ihita ifatwa yose.”
Kubwimana Abdul yagize ati “ Urebye ni insinga z’amashanyarazi zateye iyi nkoongi, habayeho gukoranaho kw’insinga bashiduka inzu yose itangiye gufatwa.”
Yavuze ko iyo Polisi idatabarira ku gihe n’izindi nzu zose zegeranye n’iyahiye zari gufatwa n’iyi nkongi nazo.
Nyir’inzu wirinze ko kugira byinshi, yatangaje ko atari yamenya agaciro k’ibintu bye iyi nkongi yangije.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!