Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 13 Ukwakira 2019, nibwo umurambo w’uyu mugabo wagaragaye mu uri mu mugozi mu cyumba yararagamo.
Mbere y’uko uyu mugabo yiyahura yasize yanditse ibaruwa avuga ko afitanye ibibazo n’umugore we ndetse yamutaye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Masaka, Nsengiyumva Vincent, yabwiye IGIHE ko Nyakwigendera yari amaze ibyumweru bibiri muri aka gace .
Yagize ati “ Ni umucumbitsi ntabwo yari amaze iminsi muri ako gace, amakuru twamenye n’uko yari amaze ibyumweru bibiri aho ahantu yabaga, bamusanze amanitse mu mugozi mu cyumba.”
Yongeyeho ko uyu mugabo hari n’urupapuro yari yanditse avuga ko yari afitanye ibibazo n’umugore we.
Uyu mugabo ntabwo yari akibana n’umugore we. Bivugwa ko yaje i Masaka asa n’uhunze uwo mugore.
Polisi y’u Rwanda iherutse gutangaza ko abantu 121 bapfuye biyahuye mu mezi icyenda ya 2019, mu gihe ababigerageje bose hamwe ari 205.



















TANGA IGITEKEREZO