Iyo nama yabaye kuwa 28 Mutarama nyuma y’aho mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 23 Mutarama 2016, Polisi yarashe umuyisilamu witwa Muhammad Mugemangango wari ufungiye kuri station ya polisi i Kanombe mu Mujyi wa Kigali ubwo yagerageza gutoroka, bimuviramo gupfa mu gihe yari akurikiranyweho kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba.
Aba ba sheik barebeye hamwe ibibazo rusange bigaragara mu ivugabutumwa ndetse banagaruka ku kibazo cy’imyumvire y’ubutagondwa igaragara kuri bamwe mu bayisilamu mu Rwanda cyane cyane urubyiruko.
Bimwe mu byanenzwe n’abari muri iyo nama, harimo guhamagarira no gukangurira urubyiruko kujya mu kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba, gusohora inyandiko n’ibiganiro birimo inyigisho zibiba urwango hagati y’abayisilamu n’abo badahuje imyemerere, kwigomeka ku buyobozi bw’abayisilamu no gutesha agaciro abamenyi b’idini.
Nzanahayo Kassim, Umuyobozi w’Ihuriro ry’Aba-Sheikh mu Rwanda yabwiye IGIHE ko bateguye iyo nama idasanzwe kugira ngo baganire ku butagondwa buvugwa mu bayisilamu bo mu Rwanda kuko basanze ari ibitekerezo bibi bishobora kugira ingaruka ku idini no kumutekano w’igihugu.
Yagize ati “Ni ukugira ngo turwanye ibi bitekerezo by’iterabwoba mu bayisilamu bo mu Rwanda cyane cyane duhereye mu rubyiruko kuko twasanze ababyigisha atari aba-Sheik bo mu gihugu, ahubwo ari abantu baturuka hanze bagiye bazana ibyo bitekerezo by’umwanda.”
Yakomeje avuga ko bafashe ingamba zo kwigisha abayisilamu ko ibyo ari ibitekerezo bidafitanye isano n’ubuyisilamu kuko n’ubikora abatandukanye cyane n’inshingano z’ubuyisilamu.
Mufti Kayitare Ibrahim, yavuze ko iyo nama idasanzwe yabereye mu muhezo bayiteguye mu rwego rwo kugira ngo bahuze ibikorwa n’ingamba ndetse n’ibitekerezo mu ba-Sheikh kugira ngo barebe uko bahuriza hamwe imbaraga mu guhashya iyo myumvire idahwitse.
Ati “Ni ukugira ngo turebere hamwe uko twarandura ingengabitekerezo y’iterabwoba mu bayisilamu mu rwego rwo kugira ngo dushobore gufata ingamba na gahunda zitandukanye zizadufasha kurandura burundu ibitekerezo by’iterabwoba mu bayisilamu bo mu Rwanda.”
Abari mu nama bemeje ko nta muntu uzongera gukoresha igiterane cy’ibwirizabutumwa nta cyangombwa yahawe n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) mu rwego rwo kugira ngo hakumirwe inyigisho z’ingengabitekerezo by’iterabwoba zishobora kuba zitangirwa muri ibi biterane rimwe na rimwe mu ibanga.



















TANGA IGITEKEREZO