Ibi bibazo byagaragajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Ukwakira 2023, ubwo Umujyi wa Kigali wizihizaga umunsi wahariwe Imbonezamikurire y’Abana Bato (ECD Day).
Ni igikorwa cyabimburiwe no gusura ingo mbonezamikurire zitandukanye zo mu Mujyi wa Kigali zirimo urw’icyitegererezo rw’i Karama mu Murenge wa Kigali ndetse n’urwegereye aho abantu bakorera hafi ya Car Free zone mu Mujyi wa Kigali.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwagaragaje ko mu ngo mbonezamikurire hakigaragaramo ibibazo bitandukanye bijyanye no kurinda no kurengera umwana n’isuku n’isukura.
Hanagaragajwe ko abana bafite ubumuga bajyanwa mu ngo mbonezamikurire bahura n’ikibazo cy’uko bahabwa ibiryo batabasha kurya. Hari n’icy’uko ababyeyi bamwe bohereza abana muri izo ngo ntibabakurikirane ahubwo bakabiharira ababitaho.
Umuyobozi ukuriye ishami y’ubushakashatsi muri RGB, Dr Félicien Usengumukiza yagize ati “Urebye ibibazo bigaragara muri za nkingi eshatu dupima ku bijyanye n’ingo mbonezamikurire. Inkingi yo kurinda no kurengera umwana ni yo twabonye iri hasi n’indi y’isuku n’isukura cyane cyane ku bikorwaremezo by’amazi n’ubwiherero."
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho y’Abaturage, Urujeni Martine, yavuze ko mu Mujyi wa Kigali hari ingo mbonezamikurire zisaga 1550 ndetse zicyiyongera mu rwego rwo kwegereza abana gahunda z’uburere buboneye.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine, yagaragaje ko Leta y’u Rwanda mu cyerekezo cyayo cya 2050 cyane cyane mu nkingi yayo yo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ishyize imbaraga ku buzima bwiza bw’umwana.
Yakomeje avuga ko ingo mbonezamikurire y’abana bato ari imbumbe ya serivise zikomatanyije zihabwa umwana kuva agisamwa kugeza agize imyaka itandatu harimo n’izihabwa ababyeyi n’abarezi hagamijwe ko akura mu gihagararo, mu bwenge no mu mibanire ye n’abandi.
Kugeza ubu mu gihugu hose habarirwa ingo mbonezamikurire 31169 zirimo izikorera hafi y’inzego z’imirimo, iz’icyitegererezo n’izishamikiye ku mashuri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!