Abasare bakunze kuba bari mu tubari no mu mahoteli biteguye gutwara bagenzi babo baba banyoye inzoga mu kwirinda ibihano bya polisi mu gihe baba bafashwe.
Muri iyi minsi isoza umwaka, bamwe muri aba basare babwiye IGIHE ko bari kubona agatubutse bitandukanye n’ikindi gihe.
Bavuga ko mbere amafaranga menshi bayabonaga mu mpera z’icyumweru ariko ubu guhera tariki ya 24 Ukuboza 2023, bari kubona abakiliya benshi.
Twahirwa Eric ukorera ahitwa Luxury Garden Palace mu Murenge wa Kigali, yavuze ko abakiliya bari kubona muri iyi minsi isoza umwaka wa 2023 ari benshi kurusha ikindi gihe.
Ati “Mbere wasangaga tubona abantu mu mpera z’icyumweru ariko ubu bari kuboneka urebye amafaranga ari kwinjira. Iyo bankeneye, abafite nimero zanjye barampamagara nkagenda nkabatwara; ibiciro byo biterwa n’uko mwumvikanye.”
Yongeyeho ko kumanywa akora akazi ko gutwa imodoka bisanzwe ariko nijoro agakora ako gutwara iz’abasinze.
Uwitwa Antoine Kabanda, we avuga ko mu ijoro rishyira kuri Noheli yakoreye agera ku bihumbi 50 Frw.
Ati “Bucya ari kuri Noheli narayabonye kuko natwaye abantu bagera ku munani kandi no kuri Noheli ni ko byari bimeze, amafaranga yari ahari.”
Yakomeje avuga ko yizeye ko no mu ijoro risoza umwaka azakorera amafaranga menshi cyane bitewe n’uko ari bwo abantu benshi bakunda gusohoka bakajya gufata agacupa.
Umushoferi witwa Harindintwari Jean Marie Vianney, we avuga ko nyuma y’aho polisi ikajije ingamba zo gufata abatwara ibinyabiziga banyoye inzoga akazi k’ubusare kamufatiye runini.
Ati “Ubu buri gihe telefone yanjye iba iriho cyane cyane nijoro kuko ni bwo nkunda kubona ibiraka kuko hari igihe umuntu abona ko yanyoye akanga kwiteza polisi agahita ampamagara nkamugeza iwe.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!