Amakuru atangwa na Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda avuga ko imodoka yakoze impanuka ari ikamyo ifite ibirango byo muri Tanzania yamanukaga iva i Musanze yerekeza i Kigali, yagonze imodoka itwara abagenzi irangirika mu buryo bukomeye.
Yari itwawe na Majyambere Silamu wahise yitaba Imana. Yakomerekeyemo abantu 15 barimo bane bakomeretse bikomeye.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SSP Irere René, yabwiye IGIHE ko hataramenyekana icyateye iyo mpanuka ariko iperereza riri gukorwa.
Ati “Abapolisi bahageze barapima bakusanya ibimenyetso, iperereza rero riracyakomeza mu gihe na dosiye nayo irimo gukorwa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”
Abakomeretse bajyanywe kwa muganga kugira ngo babashe kwitabwaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!