00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali mu isura nshya! Uko abanyamujyi bubahirije ingamba zo guhangana na Coronavirus

Yanditswe na Nkurunziza Ferdinand
Kuya 22 March 2020 saa 08:41
Yasuwe :

Nyuma y’aho Guverinoma y’u Rwanda isohoreye itangazo rikubiyemo ingingo 10 zigomba gukurikizwa mu rwego rwo gukumira no kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus imaze kugaragara ku bantu 19 mu Rwanda, bimwe mu bice by’Umujyi wa Kigali byaagiraga urujya n’uruza bw’abantu batandukanye biri kugaragaza ishusho itandukanye n’uko byari bimenyerewe.

Icyemezo cyo kuguma mu ngo hirindwa ingendo zitari ngombwa, ni ingingo ya mbere bigaragara ko iri kubahirizwa mu bice bimwe na bimwe.

Kuva mu Mujyi wa Kigali rwagati, no mu bindi mu bice bitandukanye bigana mu nkengero zawo, birigaragaza ko hari abatangiye kubahiriza umwanzuro ubasaba guhagarika ingendo zitari ngombwa.

Ubu abakozi ba leta bose n’abikorera basabwe gukorera mu ngo zabo keretse abatanga serivisi z’ingenzi nk’abaganga.

Ingendo hagati y’imijyi n’uturere tw’igihugu ntabwo zemewe keretse ku bajya kwivuza cyangwa abafite impamvu zihutirwa

Amasoko n’amaduka birafunzwe keretse abacuruza ibiribwa, ibikoresho by’isuku, za farumasi, lisansi na mazutu n’ibindi bikoresho by’ibanze.

Za moto ntabwo zemerewe gutwara abagenzi ndetse utubari twose turafunzwe mu bice byose by’Umujyi.

Iki cyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 21 Werurwe 2020, leta ivuga ko gishobora gufasha mu rugamba rwo gukumira no kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Novel Coronavirus gihangayikishije Isi muri rusange.

Mu buryo bw’amafoto IGIHE yatembereye mu bice bitandukanye bya Kigali, mu rwego rwo kureba uko itangazo ryaraye risohotse riri kubahirizwa n’abatuye uyu mujyi bivugwa ko wirirwamo abaturage basaga miliyoni ebyiri buri munsi biganjemo abakora ibikorwa by’ubucuruzi.

Kuri iki cyumweru, urujya n’uruza rw’abantu rwagabanutse. Nta bantu benshi biriwe mu mihanda usibye mu duce tumwe na tumwe nka Nyabugogo na Nyamirambo aho wasangaga abantu bagiye guhaha.

Aha ho abantu baramutse ari uruvunganzoka, ku maguriro ari i Nyabugogo bajya kugura ibyo kurya.

Ku rundi ruhande, muri Gare ya Nyabugogo, abagore, abagabo n’abana banyuranyuranagamo n’ibikapu binini ku mugongo bashaka uko basohoka muri Kigali cyane ko ingamba zabasanze mu mujyi.

Sosiyete zitwara abantu mu ntara zose zafunze imiryango, nta modoka ziri muri gare, gusa ku bajya mu bice bya Gicumbi, ho abantu ni benshi bashaka gutaha.

Abo ni abo amasaha yafatiye muri Kigali kuko amabwiriza yo guhagarika ingendo yatangiye kubahirizwa saa Tanu na 59 z’umugoroba ku wa 21 Werurwe 2020.

Ahandi nko ku Kimisagara, mu isoko ryaho ubuzima ni ubusanzwe, abacuruza ibiribwa nibo bari gukora, gusa umuntu wese mbere yo kwinjira ari gusabwa gukaraba ndetse hashyizweho n’abasore bagenzura ko byubahirizwa.

Ahandi nk’i Nyamirambo, mu mihanda yo kwa Mutwe no kuri 40 harimo abantu bake biganjemo abajya guhaha. Mu gihe wa Kigali rwagati usibye amaguriro manini nka Simba Supermarket, ahandi hari hafunguye higanjemo farumasi zitangirwamo imiti.

Uko mu mujyi rwagati hari hameze mu masaha y’igitondo

Umuhanda werekeza ku Serena Hotel uturutse ku biro by'Umujyi wa Kigali
Restaurants mu mujyi rwagati zirafunze
Abaturage benshi bazindutse bajya guhaha
Abantu bagabanutse ku buryo bugaragara mu mihanda ya Kigali
Ahazwi nko kwa Rubangura mu mujyi rwagati ntiwapfa kuhabona ikinyabiziga cyangwa abantu benshi nkuko byari bisanzwe
Farumasi zo ziracyakomeje imirimo nk'uko biteganywa n'icyemezo cya Guverinoma y'u Rwanda
Hanze y'ibitaro bya CHUK hari abantu bake cyane bitandukanye n'uko hari hasanzwe
Ibikoresho byifashishwa mu isuku biracyahari ku bwinshi
Imodoka zitwara ibiribwa n'ibindi bikoresho by'ibanze zo ziri gukomeza imirimo nk'uko bisanzwe
Isangano ry'imihanga riri ku Muhima ahazwi nko kuri Yamaha
Ku Isoko Rikuru rya Nyarugenge urujya n'uruza rw'abantu rwari ruhasanzwe rwagabanutse ku buryo bugaragara
Kuri Kigali City Tower mu mujyi rwagati na ho ni uko hameze
Mu Gakiriro ka Kigali na ho abantu ni bake ugereranyije n'abahahoraga
Mu Mujyi wa Kigali ahazwi nko ku Iposita
Mu Mujyi wa Kigali ahazwi nko kuri Statistique
Mu kigo gitegerwamo imodoka cya Down Town mu mujyi wa Kigali ntiwapfa kuhasanga imodoka
Muri parking ya CHIC hari hasanzwe haba hari ibinyabiziga byinshi ubu haparitse mbarwa

Mu bice bya Nyamirambo

Ibigo by'imikino y'amahirwe bimaze iminsi bishyizweho ingufuri
Farumasi ziri muri serivisi zigomba gukomeza gukora

Isura y’i Nyabugogo

Mu byo abaturage basabwe kwitwararika harimo no guhana nibura intera ya metero iimwe mu gihe baganira
Abakora akazi ko kwikorera imizigo bakomeje akazi kabo
Hari abategereje ko babona imodoka zizabasubiza iwabo mu cyaro
I Nyabugogo ahazwi nko kuri Marathon
Muri Gare ya Nyabugogo abantu bagura amatike abasubiza mu bice by'icyaro bari uruvunganzoka
Muri Gare ya Nyabugogo biragoye ko wasanga imodoka zitwara abagenzi bajya mu ntara zitandukanye
Nyabugogo abantu bagabanutse mu mihanda ariko hari ibikorwa bigikomeje
Ahazwi nko muri Marathon hasanzwe haba hari abantu benshi cyane ariko ubu bagabanutse

Uko i Remera byari byifashe mu masaha ya mu gitondo

Aha kwa Lando hasanzwe hahora imodoka nyinshi zibisikana
I Remera ahazwi nko kuri Corner
Ku marembo ya Stade Amahoro i Remera
Kuri Rond Point yo kwa Lando
Utubari tw'i Remera twafunze

Bimwe mu bice bya Kicukiro mu Mujyi wa Kigali

Kicukiro ahazwi nka Sonatubes nta rujya n'uruza rukiharangwa nk'uko bisanzwe
Kicukiro ahazwi nka Sonatubes nta rujya n'uruza ruhabarizwa

Ku Isoko rya Kimisagara muri Nyarugenge

Ku Isoko rya Kimisagara hari hasanzwe hari umuvundo w abantu bajya guhaha ariko ubu si ko bimeze
Mbere yo kwinjira mu Isoko rya Kimisagara abantu babanza gukaraba intoki

Amafoto: Niyonzima Moïse na Muhizi Serge

Video: Mushimiyimana Azeem


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages