00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Mu mwaka wa 2017 nta nyubako izaba igikorerwamo icyo itagenewe

Yanditswe na

Umutoni Rosine

Kuya 4 December 2015 saa 04:03
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwafashe icyemezo cy’uko mu myaka ibiri iri imbere, buri nyubako izaba ikorerwamo icyo yagenewe; nyuma yo kugaragara ko nyinshi mu nzu zo mu Mujyi wa Kigali, zikorerwamo ibyo zitagenewe, ibi akaba ari kimwe mu bihangayikishije Ubuyobozi bw’uyu Mujyi.

Iki cyemezo cyatangajwe mu nama hagati y’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali n’abashoramari, baganira ku ishoramari muri uyu Mujyi bibanda ku miturire iteye ikibazo muri Kigali.

Uretse ikibazo cy’akajagari mu miturire muri uyu mujyi w’icyitegererezo mu isuku ku mugabane w’Afurika, ngo n’amazu menshi yubakwa byagaragaye ko akoreshwa ibyo atateganyirijwe.

TV1 yatangaje ko kubera impamvu zo kubahiriza igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali nk’uko byemejwe n’ubuyobozi, abacuruzi basabwe gusobanurira abakoresha inzu zo guturamo ibindi birimo nk’utubari, ibiro, amavuriro n’ibindi, ko igihe kigeze ngo buri nzu ikoreshwe icyo yagenewe.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ushinzwe ubukungu, Nizeyimana Alphonse, avuga ko gukorera mu nyubako ibyo zitagenewe, ari ikibazo gihangayikishije. Ati “Hari aho usanga umuntu yarasabye icyangombwa cyo kubaka inzu yo guturamo, ariko ugasanga irimo akabari, irimo resitora, irimo ibiro n’ibindi.”

Nizeyimana avuga ko hari abagiye basaba uburenganzira bwo gukorera mu nzu ibyo zitagenewe, kubera ikibazo cy’inyubako cyari kiri mu Mujyi wa Kigali, ariko ko kuri ubu cyavugutiwe umuti. Ati “ Mu mujyi wa Kigali aho tuvugira aha dufite inzu nyinshi zimaze kuzura, umuntu ashobora gushyiramo ibiro n’ibindi kandi adahenzwe.”

Kugeza ubu ikibazo gihangayikishije ubuyobozi bw’ Umujyi wa Kigali, ni ukubasha guhuza igiciro cy’isura y’uyu mujyi n’ubushobozi bw’abawutuye,ibintu bishobora gukunda mu gihe haba hubahirijwe ibigaragara ku gishushanyo mbonera cy’uyu mujyi, giteganya aho buri wese mu bushobozi bwe ashobora gutura.

Ubwo Perezida Paul Kagame n'abandi Bayobozi bakuru batahaga kumugaragaro inzu ya Makuza
Fidele Ndayisaba, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali
Kigali City Tower, inyubako iteye amabengeza mu mujyi rwagati
Umujyi wa Kigali ukomeje kwaguka umunsi ku munsi
Agace gato k'igishushanyo mbonera cy'Umujyi wa Kigali
Igishushonyo mbonera cya Kigali Convetion Center inyubako ijyanye n'iterambere u Rwanda ruganamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages