Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu yatangarije IGIHE ko aba bose uko ari batatu bafashwe kuya 25 Mutarama nyuma y’amakuru inzego z’umutekano zahawe n’abaturage.
Ati “ Nibyo niko bimeze, abafunze bafashwe bakurikiranyweho kunyereza umutungo wa Leta aho bagiye mu bubiko bw’Umurenge buba mu Kagari ka Nkusi, biba ibikoresho bitandukanye birimo amabati 32, ingorofani ebyiri na sima ebyiri. Nyuma yo gukeka ko hari ibyo banyereje bakozweho iperereza ndetse bimwe barabibafatana bahita bajyanwa gucumbikirwa mu Gatsata.”
Abatawe muri yombi barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nkusi, Mugiraneza Gaspard, Umuyobozi ushinzwe iterambere mu Kagari, Ngwabije Moïse, n’uw’umudugudu, Maniragaba Jean Baptiste ndetse na Niyoyita Narcisse wari wabaguriye ibyo bikoresho.
SP Hitayezu yakomeje atangaza ko abatawe muri yombi bari gukorerwa dosiye kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.



















TANGA IGITEKEREZO