00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imideli byerekaniwemo umwihariko w’amafunguro nyarwanda

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 25 February 2024 saa 07:56
Yasuwe :

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imideli no kumurika amafunguro ya Kinyarwanda, biri mu byateguwe n’iserukiramuco rya Kigali Triennial rimaze iminsi ribera mu Rwanda. Ibi birori byerekaniwemo imyambaro y’abahanzi b’abanyarwanda.

Ibi birori byabereye muri Kigali Marriott Hotel, byari mu bigize umunsi wa cyenda w’iserukiramuco Kigali Triennial ryitabiriwe n’abahanzi 200 baturutse mu bihugu 25.

Muri ibi birori by’imideli, herekanywe imyambaro y’abahanzi batatu b’Abanyarwanda. Harimo imyambaro yakozwe na Matheo Studio, inzu y’imideli yashinzwe na Niyigena Maurice. Ni yo yabanje kwerekana imyambaro yayo yise ‘Prayers’, igaragaza uruhare amadini agira mu mibereho y’abantu.

Hakurikiyeho imyambaro yakozwe na Inkanda House yatangijwe na Muhire Patrick. Yayise ‘umutware w’Imongi’, igaragaza umuco nyarwanda by’umwihariko umwambaro gakondo, n’uburyo ‘umushanana’ ushobora kwambarwa mu buryo bugezweho.

Muri ibi birori kandi herekanywe imyambaro yiswe ‘Mugongo wahetse Intore’ yakozwe na Masa Mara Africa, inzu y’imideli ikorera muri Afurika y’Epfo. Iyi nzu yatangijwe na Niyonzima Amza uzwi nka Nyambo Masa Mara. Iyi myambaro yerekanywe, igamije gushimira abakurambere b’u Rwanda bakoze ibikorwa by’indashyikirwa.

Aba bahanzi b’imideli berekanye iyi myambaro, bagaragaje ko kuba Abanyarwanda barahawe umwanya ngo bagaragaze ibikorwa byabo muri ibi birori, bigaragaza ko uru ruganda rumaze kwaguka.

Nyambo Masa Mara yavuze ko yanejejwe no kwerekana umuco w’Abanyafurika binyuze mu myambaro, ashimira kuba abahanzi b’imideli nyarwanda bahawe agaciro.

Ati “ Kigali Triennial yahisemo abahanzi batandukanye, njye nerekanye ibituranga twebwe nk’Abanyafurika n’Abanyarwanda muri rusange. Ni agaciro gakomeye kuba iserukiramuco ryabereye mu Rwanda ndetse hagakora abahanzi b’imideli b’Abanyarwanda kandi bakoze neza.”

Muhire Patrick watangije Inkanda House iri mu nzu z’imideli zatangiye bwa mbere mu Rwanda, yavuze ko kuba bahabwa uyu mwanya byerekana ko ibyo bakora abantu bamaze kubisobanukirwa.

Ati “Abantu bari bazi ko imyambaro myiza iva i Burayi ariko ubu barasobanukiwe ko hari imyambaro myiza ikorwa n’Abanyarwanda. Iyi ni intsinzi ikomeye. Mbere ntabwo twabonaga abantu baza kureba ibyo dukora ariko reba uko bimeze ubu bigaragara ko bumva neza ibyo dukora.”

Amafunguro ya Kinyarwanda yahawe umwanya

Abitabiriye ibi birori hejuru yo kuba beretswe imyambaro myiza yakoranywe ubuhanga n’Abanyarwanda, babonye n’umwanya wo gusangira mafunguro gakondo y’u Rwanda ateguye mu buryo butandukanye.

Abategura amafunguro nabo bahawe umwanya mu Iserukiramuco Kigali Triennial, itsinda ry’abatetsi bane b’Abanyarwanda biyemeje guteza imbere ibijyanye n’imirire myiza bahereye ku mafunguro aboneka mu Rwanda.

Aba batetsi bateguye indyo gakondo z’u Rwanda mu buryo butandukanye zirimo ‘salade ya avoka’, umufa, amateke, ibihaza, amasaka n’ibindi.

Umwe mu batetsi bateguye aya mafunguro, yavuze ko icyo bari bagamije ari ukwerekana ko indyo gakondo za Kinyarwanda, zishobora gutekwa mu buryo butandukanye kandi zikaryoha.

Ati “Icyo twari tugamije ni ukongera kwereka abantu ko amafunguro yacu dusanganywe dushobora kongera kujya tuyategura ariko mu buryo butandukanye kandi bikanyura benshi.”

Ku ruhande rwa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, yashimiye aba batetsi kuba barashyizeho uburyo bwo guhesha agaciro amafunguro gakondo ya Kinyarwanda.

Ati “Nshaka gushimira abatetsi bacu kandi ndizera ko urugendo rukomeje. Abantu benshi bari kuvuga ngo ibi ni ibiryo twakuze turya, ariko kubirya akenshi ntibyabaga bibashishikaje kandi ntibyari biteguye neza nk’uko uyu munsi bimeze.”

“Nka Minisiteri, twiteguye gufasha buri mushinga wose ujyanye no guteka, uzashyira imbere amafunguro gakondo yacu. Dushobora no kubigeza ku rwego mpuzamahanga.”

Ibi birori byitabiriwe n’Umuhuzabikorwa wa Loni mu Rwanda, Ozonnia Matthew Ojiel, wavuze ko iri serukiramuco ryerekanye imbaraga ubuhanzi bufite mu Rwanda kandi ko bikwiye gukomeza kwaguka.

Kigali Triennial irasozwa kuri iki Cyumweru mu birori bizaririmbamo abahanzi batandukanye barimo Mike Kayihura, Bushali, Kaya Byinshi, Michael Makembe n’abandi.

Madamu Jeannette Kagame yasobanuriwe umwihariko w'imwe mu myenda ikorerwa mu Rwanda
Madamu Jeannette Kagame aha yitegerezaga imyenda yamuritswe n'abanyamideli b'Abanyarwanda
Yasobanuriwe umwihariko w'imideli yahanzwe n'Abanyarwanda
Madamu Jeannette Kagame yagaragarijwe ibimaze kugerwaho mu guteza imbere uruganda rw'imideli mu Rwanda
Madamu Jeannette Kagame ubwo yari akurikiye uko abahanzi bamurikaga ibihangano byabo
Amafunguro yatanzwe muri ibi birori ni aya Kinyarwanda yatetswe mu buryo butandukanye
Ibirori by'imideli byateguwe muri Kigali Trennial byitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye
Abatetsi bagize uruhare mu gutegura amafunguro gakondo ya Kinyarwanda, bashimiwe
Franco Kabano ari mu berekanye imyambaro ya Masa Mara Africa
Imyenda yakozwe na Inkanda House yashimwe na benshi
Imyenda ya Matheo Studio ni imwe mu yerekanywe muri ibi birori
Inkanda House yerekanye uburyo umushanana ushobora kwambarwa mu buryo butandukanye
Iyi myambaro yerekanywe n'abamurika imideli barimo Abanyarwanda
Iyi myambaro yerekanywe mu Iserukiramuco Kigali Triennial
Iyi myambaro yiswe 'Mugongo wahetse Intore', igamije guha icyubahiro abakurambere b'u Rwanda
Matheo Studio imaze kubaka izina mu gukora imyambaro yo ku rwego rwo hejuru
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, yashimiye abatetsi kuba barashyizeho uburyo bwo guhesha agaciro amafunguro gakondo ya Kinyarwanda
Matheo Studio yerekanye imyambaro igaragaza uruhare rw'amadini mu mibereho ya buri munsi
Niyigena Maurice watangije Matheo Studo, yavuze ko anejejwe no kuba yerekanye ibikorwa bye mu iserukiramuco nk'iri
Umuhanzi Andy Bumuntu ni umwe mu bitabiriye ibi birori
Umuhanzi w'Umurundi Khadja Nin yitabiriye ibi birori
Umuhuzabikorwa wa Loni mu Rwanda, Ozonnia Matthew Ojiel, yashimye ko iri serukiramuco ryabereye i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages