00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Ubwitabire buke ku munsi wa mbere w’itangira ry’amasomo

Yanditswe na Ndayikunda Josué , Thamimu Hakizimana
Kuya 7 January 2020 saa 08:59
Yasuwe :

Mu bigo bimwe by’amashuri, ku munsi wa mbere w’itangira ry’amasomo, abanyeshuri bari mbarwa gusa mu byiganjemo iby’abihayimana ho amasomo yari yatangiye.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mutarama 2020, nibwo umwaka w’amashuri wa 2020 watangiye.

IGIHE yatambereye mu bigo by’amashuri bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali ireba uko abanyeshuri n’abarimu bitabiriye umunsi wa mbere w’igihembwe cya mbere.

Aho umunyamakuru yazengurutse mu Mujyi wa Kigali, yahuraga mu mihanda n’urujya n’uruza rw’abanyeshuri bari kwerekeza mu bigo bigamo bakerewe.

Bamwe muri abo babwiye IGIHE ko ku munsi wa mbere badakunze kwiga ariyo mpamvu batazindutse.

Bimwe mu bigo umunyamakuru yanyuzemo nka ESSI Nyamirambo, Saint Joseph Nyamirambo, APE Rugunga, Saint Famille n’ibindi, yasanze ubwitabire ari buke.

Ariko mu bigo cyane iby’abihayimana nka Saint André, Lycée Notre Dame de Citeaux, Lycée de Kigali ho ubwitabire bw’abanyeshuri n’abarezi bwari hejuru.

Mukiza Bonfils wiga kuri ESSI Nyamirambo yavuze ko “Buri gihe iyo umwaka utangiye abana benshi ntibakunda kwiga kuko abarimu badakunze kuza kwigisha, ikindi baba banga ko bafatwa nk’abaruru [abatangizi].”

Musanabera Esther wiga kuri Saint Joseph i Nyamirambo yavuze ko abanyeshuri benshi bigana batitabiriye amasomo kuko batari bishyura amafaranga y’ishuri

Ati “Benshi ntibabonetse kuko batari babona amafaranga y’ishuri […] ku munsi wa mbere bagomba kuza mu ishuri bishyuye ariko ntabwo twanakwirengagiza ko hari n’abandi bafite ibibazo bitandukanye byatumye batitabira amasomo.”

Umuyobozi wa ESSI Nyamirambo, Habakubaho Issa, yemeza ko abanyeshuri batitabiriye amasomo yo ku munsi wa mbere muri icyo kigo ari 20% akanashimangira ko ntawe uzemererwa kwiga atazanye umubyeyi ngo asobanure impamvu.

Umuyobozi wa Saint André, Padiri Nshubijeho Faustin, ahamya ko mu kigo ayobora nta banyeshuri bafite imyumvire y’uko umwana wiga ku munsi wa mbere aba ari umutangizi.

Ati “Iyo myumvire y’uko abanyeshuri biga ku munsi wa mbere ari abatangizi hano ntabwo ihaba kuko twiga mu buryo bwo kurushanwa cyane ko n’iyo atashye aba agomba gufasha ababyeyi ariko atibagiwe ko ari mu masomo kuko iyo batangiye umwaka w’amashuri bahera ku igeragezwa.”

Yakomeje avuga ko hari abarimu bagera kuri batanu batitabiriye akazi kubera impamvu zitandukanye kuko harimo n’abari mu kiruhuko.

Umuyobozi wa Lycée de Kigali aho IGIHE yasanze ubwitabire buri hejuru, Martin Masabo, we yavuze ko “ubundi abanyeshuri batangirana n’ibizamini kugira ngo biyibutse ibyo bakoraga mu biruhuko bikanongera wa muco wo gusoma.”

“Kera abanyeshuri ntabwo batangiraga kwiga ku gihe ariko iyo bafite ikizamini umwarimu agomba kugitegura akagitanga akagihagararira kuko bituma abarimu n’abanyeshuri baza.”

Muri rimwe mu mashuri ya Saint Joseph i Nyambirambo, abanyeshuri bari mbarwa
Abanyeshuri bo kuri ESSI Nyamirambo ntibitabiriye amasomo ari benshi n'abari bahari bidegembyaga hanze
Hari umubare munini w'ababyeyi bari bagiye gushakira abana babo ibigo ku munsi wa mbere w'igihembwe cyane ku bagiye gutangira umwaka wa mbere w'ayisumbuye
Ku ishuri rya Ste Famille bamwe mu banyeshuri bari hanze kubera kutubahiriza amabwiriza y'ikigo
Muri ESSI Nyamirambo abana bari hanze kubera ko abarimu bamwe batitabibiriye
Muri ESSI Nyamirambo saa ine n'igice z'amanywa hari abanyeshuri bari bacyinjira mu kigo
Muri Lycée de Kigali abanyeshuri batangiye umwaka bakora ikizamini
Muri Saint André amasomo abanyeshuri bayitabiriye ari benshi n'abarimu babo
Saint Joseph abarezi basabye ababyeyi kugira imyumvire yo gushishikariza abana kwiga ku munsi wa mbere
Musanabera Esther wiga muri Saint Joseph i Nyamirambo avuga ko abanyeshuri benshi bigana batitabiriye amasomo kuko batari bishyura amafaranga y’ishuri
Umuyobozi wa ESSI Nyamirambo, Habakubaho Issa, we yemeza ko abanyeshuri batitabiriye amasomo yo ku munsi wa mbere muri icyo kigo ari 20%
Umuyobozi wa Saint André, Padiri Nshubijeho Faustin, ahamya ko mu kigo ayobora nta banyeshuri bafite imyumvire y’uko umwana wiga kumunsi wa mbere aba ari umutangizi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages