00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Ukekwaho kwica umwana akamushyira mu gisenge cy’inzu yafatiwe i Musanze

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 4 September 2014 saa 01:03
Yasuwe :

Nirere Ingabire Immaculee ukekwaho kwica Igihozo Esther wari mu kigero cy’imyaka ibiri n’amezi atatu yatawe muri yombi, asobanurira Ubugenzacyaha icyamuteye kumwica akamuhisha mu gisenge cy’inzu. Nyuma y’iminsi itanu uyu mwana apfuye ni bwo tariki 22 Nyakanga 2014 yatahuwe mu gisenge cy’inzu y’abaturanyi Nirere yakoragamo akazi ko mu rugo, bikaba byarateye urujijo kumenya uburyo yiciwe mu nzu y’abaturanyi nyina w’umwana yemezaga ko atakundaga kuhagenda cyane. Nyuma yo kubura k’uyu (…)

Nirere Ingabire Immaculee ukekwaho kwica Igihozo Esther wari mu kigero cy’imyaka ibiri n’amezi atatu yatawe muri yombi, asobanurira Ubugenzacyaha icyamuteye kumwica akamuhisha mu gisenge cy’inzu.

Nyuma y’iminsi itanu uyu mwana apfuye ni bwo tariki 22 Nyakanga 2014 yatahuwe mu gisenge cy’inzu y’abaturanyi Nirere yakoragamo akazi ko mu rugo, bikaba byarateye urujijo kumenya uburyo yiciwe mu nzu y’abaturanyi nyina w’umwana yemezaga ko atakundaga kuhagenda cyane.

Nyuma yo kubura k’uyu mwana, Nirere na we yahise ava muri urwo rugo, Polisi ikaba yaramufatiye mu Karere ka Musanze kuwa Kabiri tariki 2 Nzeri agarurwa i Kigali aho afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima.

Umurambo w'umwana wasanzwe mu gisenge

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Supt. Modetse Mbabazi yemeje ko Nirere yatawe muri yombi.

“Nibyo yarafashwe, ubu ari kuri Sitasiyo ya Muhima, yafatiwe mu Karere ka Musanze. Iperereza riracyakomeje, hari bimwe tugikeneye kumenya kuko yagaragaje zimwe mu mpamvu zamuteye kwica uriya mwana”.

Supt Mbabazi avuga ko Nirere yiyemerara ko ari we wishe umwana akamuhisha mu gisenge.

Umuhoza Aimee, nyir'urugo Nirere yakoragamo

Yagize ati “Hari ibyo tugikurikirana kuko yavuze ko yishe uriya mwana Igihozo kugira ngo nyirabuja agaruke mu rugo rwe kuko yari amaze iminsi atahaba bitewe n’ibibazo yari yaragiranye n’umugabo we, turashaka kumenya niba koko ari umugambi bari bafitanye na nyirabuja”.

Abaturage bakekaga ko nyirabuja wa Nirere ari we waba yarivuganye uyu mwana kuko nyuma yo kugaruka mu rugo yari amaze iminsi atabamo ari we wihamagariye abashinzwe umutekano.

Polisi y'Igihugu mu iperereza nyuma yo gusanga umwana mu gisenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages