Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu, yabwiye IGIHE ko uwo mukoze yakubise mugenzi we bari gukora isuku.
Yagize ati “Byabaye muri iri joro ryakeye mu ma saa 21 h30, aho abakozi babiri bakora isuku muri UTC bashyamiranye noneho umwe afata raclette, bigaragara ko ariyo barwaniraga, noneho umwe ayikubita undi mu mutwe ahita yikubita hasi ashiramo umwuka.”
Yakomeje avuga ko uwabikoze yahise ajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge.
Iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekana mu by’ukuri icyo bapfuye.



















TANGA IGITEKEREZO