00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Umushoferi yegukanye moto ya 6 muri poromosiyo ya Airtel yitwa Tunga

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 30 September 2015 saa 12:32
Yasuwe :

Umushoferi w’ikamyo witwa Byiringiro Augustin w’imyaka 30 utuye mu Nzove mu Murenge w Kigali mu Karere ka Nyarugenge umujyi wa Kigali yashyikirijwe moto ya Gatandatu yatsindiye muri Poromosiyo ya Tunga ya Airtel Rwanda.

Kuwa Kabiri tariki ya 29 Nzeri nibwo Airtel Rwanda yashyikirije uwo mushoferi utwara ikamyo nto bakunze kwita i Beni wabaye umunyamahirwe wa Gatandatu, moto ifite agaciro ka miliyoni n’igice yatsindiye mu Cyumweru gishize.

Byiringiro, yagaragaje ko impamvu yegukanye iyi moto ari uko atigeze icika intege zo gukomeza gusubiza ibibazo Airtel yamubazaga.

Yagize ati “Ndishimye cyane kuba negukanye iyi moto bitewe n’uko umwanya munini nawumaraga ndigusubiza ibibazo babaga bambaza”

Yakomeje agaragaza ko nyuma y’aho yegukanye iyi moto yahise abona ko Airtel ikoresha ukuri.

Yagize ati “Mbere nasubizaga ibibazo byose ariko singire amahirwe nkumva abandi bazegukanye nkagira ngo harimo ikimenyane ariko nahise mbona ko bakoresha ukuri nta buriganya bagira muri izi tombola”.

Nyuma yo kwegukana iyi moto Byiringiro yavuze ko azayishakira umumotari uyikoresha mu rwego rwo kugira ngo ayibyaze umusaruro.

Nyampinga clementine ushizwe kwamamaza no kumenyekanisha ibikorwa bya Airtel Rwanda,we akaba yarasabye abafatabuguzi ba Airtel Rwanda n’abanyarwanda muri rusange gukomeza kugerageza amahirwe yabo basubiza ibibazo byoroshye Airtel ibabaza mu rwego rwo kugira ngo nabo bagira amahirwe yo kwegukana moto Esheshatu zisigaye.

Uretse moto itangwa nk’igihembo gikuru buri Cyumweru mu Mu byumweru 12 iyi Poromosiyo ya Tunga izamara ,Airtel Rwanda inahemba abantu batanu amakarita yo guhamagara y’amafaranga ibihumbi bibiri buri munsi.

Kwinjira muri iyi poromosiyo ya Tunga ya Airtel Rwanda bisaba kuba ufite sim card ya Airtel ukohereza ijambo Go cyangwa Yego ku 155 maze ugatangira gusubiza ibibazo byoroshye ubazwa.

Umunyamahirwe wegukanye moto ari kwambara Casque
Byiringiro Augustin wegukanye moto yavuze ko afite ibyishimo atewe na AITEL

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages