Urubyiriko rwibumbiye mu muryango w’Urubyiruko rw’abakozi b’abakirisitu, JOC mu arikidiyoseze gaturika ya Kigali basoje ibikorwa by’ukwezi k’umurimo, aho basanze barakoze ibikorwa bihwanye na 7,000,000 y’amafaranga y’ u Rwanda.
Mu kwezi kwa Gicurasi buri mwaka, urubyiruko hirya no hino muri Arikidiyoseze ya Kigali rwibumbiye mu muryango JOC rukora imirimo y’umuganda, n’indi yo kubaka igihugu.
Umuyobozi wa JOC muri arikidiyoseze ya Kigali, Nduwayezu Jean Baptiste avuga ko muri uko kwezi bakoze ibikorwa bitandukanye, birimo imiganda no kubakira abatishoboye.
Ati “Twagiye twubaka amazu ku batishoboye hirya no hino muri za Paruwasi, dukora imiganda yaba ari ugusukura umujyi wa Kigali n’ibindi. Ibyo byose twakoze dusanga bishobora kubarirw akuri 7.640,000 y’amanyarwanda.”
Padiri Wellars Uwamungu umujyanama wa JOC ku rwego rw’ igihugu nawe yashimiye urubyiruko gaturika rwa Kigali kuba rwarabashije gutanga umusaruro mugari mu gihe cy’ukwezi k’umurimo, abashimira ko bafashije abatishoboye ariko anabagira inama yo gufatanya isengesho n’umurimo nk’intwaro ikomeye mu kwemera no mu mibereho.
JOC umuryango w’Urubyiruko rw’abakozi b’abakirisitu (Jeunesse Ouvriers Chretien) watangiriye mu gihugu cy’u Bubiligi, ugera mu Rwanda mu mwaka wa 1958 ukorera mu gihugu hose, muri za paruwasi gaturika, arikidiyoseze ya Kigali imaze kugira abanyamuryango 3014.
Ibikorwa by’ukwezi k’umurimo byakozwe n’urubyiruko rwa JOC byazengurukaga ku nsanganyamatsiko igira iti “Twiteze imbere duharanira kwigira”



















TANGA IGITEKEREZO