Aya makuru yamenyekanye mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 5 Gashyantare 2024.
Abaturage bavuga ko bumvishe nyakwigendera atabaza, bamutabaye basanga umugabo we amaze kumwica, amukubise ifuni muri nyiramivumbi.
Bavuga ko uyu mugabo yakinguye amaze gukubita ifuni mu mutwe umugore we, ndetse ahita ashaka no kuyikubita abari batabaye muri iryo joro.
Umugabo umwe yagize ati “Twe twari turyamye twumva induru, tumaze kuyumva turatabara, umugabo yanga gufungura, aho afunguriye dusanga yamaze kumwica yamukubise ifuni.”
Undi mugabo yagize ati “Umuhungu tubana numvise akomanga arambwira ngo umva, numva induru y’imbwa ariko ivanzemo n’abantu, turabyuka nsanga umuntu arimo kwicira undi mu nzu tumusaba gukingura, aravuga ngo reka akingure ahita amukubita ifuni muri nyiramivumbi kuko yabonaga ko atari bubashe kumwica amunize.”
Abaturage bavuga ko bababajwe n’uburyo uyu mugabo nyuma yo kwica umugore we yashyikirijwe inzego z’umutekano arimo guseka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabugogo Musoni Kalisa, yabwiye IGIHE ko uyu muryango nta makimbirane wagiranaga.
Ati “Nta makimbirane bagiranaga n’abantu byabatunguye uburyo yamwishe.”
Uyu mugabo yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) station ya Polisi ya Kigali.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!