Ku Cyumweru tariki 30 Kamena 2026 nibwo Inama Njyanama y’Akarere ka Kirehe yateranye yemeza ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 2026/2027 ingana na miliyari 38 Frw.
Muri ayo mafaranga harimo miliyoni 16.2 Frw azishyurwa abaturage bane bari bamaze imyaka hafi umunani bishyuza ingurane y’imitungo yabo yangijwe n’ikorwa ry’umuhanda Kayonza-Rusumo.
Hari kandi abandi baturage 27 bazishyurwa miliyoni 1.3 Frw biturutse ku mitungo yabo yangijwe n’ibikorwa byo gutunganya imiyoboro yo kuhira mu mirenge ya Nyamugari na Mahama.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kirehe, Prof Kabera Callixte yavuze ko bahisemo kwemeza ayo mafaranga kugira ngo ahabwe abaturage nk’ingurane kuko ibikorwa byabo byangijwe n’ibikorwaremezo.
Yavuze ko bizeye ko kwishyura aba baturage bizatuma imirimo ikorwa neza kandi ikagirira benshi umumaro.
Kuri ubu Akarere ka Kirehe kazakoresha ingengo y’imari ya miliyari 38 Frw mu mwaka wa 2026/2027, ni mu gihe uturere twose tugize Intara y’Iburasirazuba tuzakoresha miliyari 307 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!