00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kudasoma kw’abanyarwanda si uko baba babuze ibyo basoma - Minisitiri Habineza

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 12 February 2015 saa 11:21
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo n’Umuco Joseph Habineza asanga kuba abanyarwanda batagira umuco wo gusoma bidaterwa no kubura ibyo basoma, ari nay o mpamvu MINISPOC yateguye iserukiramuco ryo gusoma no kwandika.
Mu rwego rwo gushishikariza abantu bose umuco wo gusoma no kwandika, ku nshuro ya gatatu Minisiteri ya Siporo n’umuco (MINISPOC) ibinyujije mu ishami ry’igihugu ry’inkoranyabitabo yateguye igikorwa ngaruka mwaka cy’iserukiramuco ryo gusoma no kwandika. Minisitiri wa siporo n’umuco Joseph (…)

Minisitiri wa Siporo n’Umuco Joseph Habineza asanga kuba abanyarwanda batagira umuco wo gusoma bidaterwa no kubura ibyo basoma, ari nay o mpamvu MINISPOC yateguye iserukiramuco ryo gusoma no kwandika.

Mu rwego rwo gushishikariza abantu bose umuco wo gusoma no kwandika, ku nshuro ya gatatu Minisiteri ya Siporo n’umuco (MINISPOC) ibinyujije mu ishami ry’igihugu ry’inkoranyabitabo yateguye igikorwa ngaruka mwaka cy’iserukiramuco ryo gusoma no kwandika.

Min Joseph Habineza asanga abagira umuco wo kujya kureba imipira na sinema batabura kujya mu isomero, hakabura ubushake n'umuhate

Minisitiri wa siporo n’umuco Joseph Habineza, we avuga ko kuba abanyarwanda batagira umuco wo gusoma atari uko batagira ibyo basoma.

Yagize ati “ kudasoma biterwa n’impamvu zabo, none se ko bajya kureba imipira muri za sitade? Ese ziba ziri mu ngo zabo, nemeza ko iyo ufite ubushake ntacyo utageraho”.

Iri serukiramuco rifite insanganyamatsiko igira iti “Dusome duharanira Kwigira” rizatangizwa ku mugaragaro ku wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2015, ritangirizwe mu Karere ka Rulindo, rikazasozwa ku wa 20 Gashyantare aho rizarangwa n’ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika.

Umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC ni umwe mu bagaragaje ko gusoma byungura ubumenyi

Bimwe mu bikorwa biteganyijwe harimo amarushanwa yo gusoma no kwandika imivugo,bizitabirwa n’abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye ku buryo hazabaho no gutanga ibitabo n’ingendo zigamije guteza imbere umuco wo gusoma no Kwandika.

Yarangije asaba abanyamakuru kugerageza kugaragaza agaciro n’umumaro wo gukunda gusoma mu baturage ndetse asaba n’abanditsi kujya bashyira imbara mu kumenyekanisha ibitabo byabo kuko nta muntu wagura igitabo atazi cyangwa atumvise.

Aho iri serukiramuco rizabera

.Tariki ya 16 Gashyantare 2015 rizabera mu Ntara y’amajyaruguru mu Karere ka Rulindo

.Ku wa 17 iri serukiramuco rizakomereza mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Kayonza.

.Ku wa 18 biteganyijwe ko rizakomereza mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’amajyepfo

.Ku wa 19 mu Ntara y’iburengerazuba mu Karere ka Rusizi.

Abasize abanyarwanda mu muco wo gusoma na bo biyemeje kubarinda bakabibatoza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages