00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Loni ifitiye ideni u Rwanda rya miliyari 41 kubera ibikorwa byo kugarura amahoro

Yanditswe na

Cyprien Niyomwungeri

Kuya 17 October 2015 saa 11:38
Yasuwe :

Umuryango w’abibumbye (Loni) ugomba guha u Rwanda amafaranga angana na miliyari 41 na miliyoni 525 kubera uruhare rwarwo mu bikorwa byo kugarura amahoro birimo; gutanga ingabo, abapolisi n’ibikoresho.

Nkuko Televiziyo yo mu Buhinde (NDTV), yabitangaje, Kuwa Kane tariki 15 Ukwakira, umunyamabanga wungirije w’umuryango w’abibumbye ushinzwe icungamari Yukio Takasu yabwiye komite y’ubuyobozi n’ingengo y’imari ko umuryango w’abibumbye ugomba guha ibihugu 86 birimo n’u Rwanda, miliyari 1.03 z’amadorali kuko byatanze ingabo, abapolisi n’ibikoresho mu butumwa bw’amahoro ku isi yose.

Ibihugu bitanu Loni igomba kwishyura menshi ni u Rwanda rugomba kubona miliyoni 55 z’Amadorali bingana na miliyari 41 na miliyoni 525, Pakistan izahabwa miliyoni 97 z’Amadorali, Ethiopia ibone miliyoni 87, Ubuhinde miliyoni 85, Bangladesh izabona miliyoni 84 na Nepal izahabwa miliyoni 44 z’amadorali y’Amerika.

Takasu yavuze ko hari ibihugu bitari byatanga umusanzu bisabwa na Loni akaba ari nayo mpamvu yaguye mu myenda, bityo asaba ibyo bihugu kuwutanga vuba.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifitiye Loni umwenda wa miliyoni 813 z’amadorali, Brazil, miliyoni 124$ na Venezuela miliyoni 35$.

Yongeyeho kandi ko hakiri ibihugu 99 bitari byishyura umusanzu wabyo wagenewe inkiko mpuzamahanga, USA ntiyari yishyura miliyoni 29$, u Burusiya miliyoni 11$ na Brazil miliyoni 9$.

Ubuhinde nicyo gihugu gitanga ingabo nyinshi mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro, kugeza ubu bwatanze ingabo zisaga ibihumbi 185, ziri mu butumwa 48 muri 69 burimo gukorwa ubu.

U Rwanda ni urwa gatanu ku isi mu gutanga ingabo na polisi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro, inyuma ya Pakistan, Ubuhinde, Bangladesh na Ethiopia.

Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MISCA) ,muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS), mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani Darfur (UNAMID), ndetse no mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mali (MINUSMA).

U Rwanda rufite abapolisi mu bihugu birindwi by’ amahanga, bari mu butumwa bwo kugarura umutekano, n’ imitwe y’ abapolisi ine ishinzwe gucunga umutekano muri Haiti, Sudani y’ epfo, Centrafrique.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages