00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Madamu Jeannette Kagame aratanga ikiganiro ku cyafasha abangavu kugera ku buvuzi bubanogeye

Yanditswe na Cyprien Niyomwungeri
Kuya 31 January 2017 saa 07:47
Yasuwe :

Madamu Jeannette Kagame aratanga ikiganiro mu nama ya 18 y’Umuryango w’abagore b’abakuru b’ibihugu bya Afurika urwanya Sida, OAFLA, ikomeza kuri uyu wa kabiri i Addis Ababa ahateraniye inama ya 28 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Itangazo ry’Ibiro bya Madamu Jeannette Kagame rigaragaza ko iyi nama ari umwanya wo gusuzuma ibyagezweho n’uyu muryango ndetse hanarebwe icyakorwa n’ahakongerwa imbaraga kugirango urusheho kugera ku ntego zawo.

Abandi bayobozi batanga ibiganiro muri iyi nama rusange ya OAFLA ni umugore wa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Roman Tsefaye, umugore wa Perezida wa Malawi Gertrude Mutharika, Umuyobozi mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rirwanya Sida, Michel Sidibe n’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe imibereho myiza muri AU, Dr Mustapha Sadiki Kaloko usanzwe ari komiseri wa AU ushinzwe imibereho myiza..

Iyi nama kandi iraba n’umwanya wo kwizihiza imyaka 15 uyu muryango umaze ushinzwe, mu nsanganyamatsiko igira iti “Kubakira ku myaka 15 duharanira gukomeza amahirwe y’urubyiruko rwa Afurika binyuze mu guteza imbere ibyifuzo by’abangavu no kubafasha kugera ku buvuzi bubanogeye. (Building on 15 years of engagement to harness the demographic dividend of Africa through promoting the needs of adolescents and their access to youth-friendly health services.)”

Biteganyijwe ko muri ibi birori hanahembwa inshuti n’abafatanyabikorwa bafashije OAFLA mu bikorwa yakoze mu myaka imaze ishinzwe.

Ejo hashize Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama nk’iyi yabaye mu muhezo iyobowe na Madamu wa Perezida wa Malawi, Gertrude Mutharika. Yanitabiriwe n’abagore b’abakuru b’ibihugu barimo uwa Tchad, Equatorial Guinea, Ethiopia, Malawi, Niger, Comoros, Namibia, Afurika y’Epfo na Sierra Leone.

Madamu Jeannette Kagame ubwo yari yitabiriye Inama ya 18 y’Umuryango w’abagore b’abakuru b’ibihugu bya Afurika urwanya Sida, OAFLA, yabereye mu muhezo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mutarama 2017

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .