Ni ubutumwa yatanze ku wa Gatanu, tariki 1 Ukuboza 2023, mu masengesho ahuza abayobozi yateguwe n’Umuryango Rwanda Leaders Fellowship [RLF].
Aya masengesho yatumiwemo Umuvugabutumwa Rick Warren wigishije ijambo ry’Imana yifashishije insanganyamatsiko igira iti ‘Ukwizera kuganisha ku buzima bw’amarangamutima’.
Uyu Munyamerika ni we washinze Saddleback Church ndetse anatangiza Peace Plan, ihuza amatorero atandukanye mu bikorwa byagize uruhare mu guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Pasiteri Warren yagarutse by’umwihariko ku kuntu yahuye bwa mbere na Perezida Kagame, bakaganira, bikaza kurangira abaye inshuti magara y’u Rwanda.
Ati “Ubucuti mfitanye na Perezida [Kagame] ntibusanzwe. Kugira Perezida mu gihugu kimwe na Pasiteri wo mu kindi gihugu, bakaba inshuti za hafi gutyo n’abafatanyabikorwa, hagashira imyaka 20 y’ibyiza n’ibibi […] Yarandengeye aramvuganira nanjye ndamuvuganira, ni umubano udasanzwe.”
Madamu Jeannette Kagame yashimiye Pasiteri Rick Warren, wabaye inshuti y’akadasohoka y’u Rwanda mu byiza no mu bibi.
Ati “Ku nshuti yacu Pasiteri Rick, watubereye uw’agaciro n’ingirakamaro, wahagararanye natwe mu bibazo n’ibigeragezo bigaragara n’ibitagaragara, mu mbogamizi n’intsinzi. Sinshidikanya ko wishimira intambwe dukomeje gutera nk’uko natwe tuyishimiye.”
Yakomeje ati “Pasiteri Rick Warren si umukozi w’Imana gusa ahubwo ni umugabo w’ibikorwa. Ni umugabo wiyemeza, utabera, ugira impuhwe, ugira amahoro. Warakoze Pasiteri Rick ku bwo kwizera u Rwanda ubwo benshi batarwizeraga.”
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Pasiteri Rick Warren yabanye n’u Rwanda mu kwivana mu bibazo rwarimo byasizwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ati “Nubwo amateka yacu yaranzwe n’umwijima, wabonye urumuri mu kwiyemeza kwigobotora ayo mateka. Ntabwo nshindikanya kuvuga ko intambwe tumaze gutera nk’igihugu ari intsinzi kuri wowe. Wakunze iki gihugu kandi umenye ko nacyo kigukunda.”
Abakwiriye kubona ibyiza ntukabibime
Amasengesho ahuza abayobozi batandukanye yitabiriwe n’abarenga 200 barimo abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu, abayobora amadini n’amatorero, abikorera, urubyiruko n’abandi.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo kuba umwe, kubazwa inshingano no gutekereza byagutse.
Ati “Ni u Rwanda rwageze habi, rwanga kuzima nubwo Isi yose yari izi ko ari ko bizagenda.”
Yifashishije amagambo aboneka muri Bibiliya mu gitabo cy’Imigani 3:27-28, ahagira hati “Abakwiriye kubona ibyiza ntukabibime, niba bigushobokera. Ntukarerege mugenzi wawe uti “genda uzagaruke ejo mbiguhe”, kandi ubifite iruhande rwawe.”
Aha ni ho Madamu Jeannette Kagame yahereye avuga ko “Twunze ubumwe mu kwizera, ku bw’urukundo rw’Imana n’ibyo yaremye byose. Abagiriwe ubuntu bwo kugira urubuga rwo guharanira impinduka bagomba kubikora, imibereho myiza y’abandi, ni inshingano zacu.”
Umuyobozi muri Rwanda Leaders Fellowship [RLF], Dr Williams Birahira, yavuze ko aya masengesho afasha abayobozi mu kumenya gukora ibishimwa n’Imana.
Ati “Uyu munsi twaje tuje kuganira ku buzima bushingiye ku mahame y’Imana no kwibukiranya ko tugomba guhora dushima mu buzima bwacu bwa buri munsi, tukamenya uko duhagaze ndetse tukanategura ahazaza hacu hashingiye ku Mana.”
Rwanda Leaders Fellowship yatangiye mu 1995, itangizwa n’abayobozi bahuriraga hamwe bagasenga. Ni umuryango ugendera ku magambo yo mu Imigani 14:34, agaragaza ko ubutungane butuma igihugu gisagamba, icyaha kikamwaza amahanga.
Amafoto: Yuhi Augustin



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!