00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mageragere: Abaturage 46 batishoboye bagabiwe inka

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 26 February 2017 saa 12:19
Yasuwe :

Abaturage 46 batishoboye bo mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge bagabiwe inka bitezeho ko zizahindura imibereho yabo.

Aba baturage batishoboye bagabiwe inka, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Gashyantare 2017, nyuma y’igikorwa cy’umuganda rusange usoza icyumweru cya nyuma cy’ukwezi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ,Ndayisenga Jean Marie Vianney yasabye abaturage bahawe inka kuzifata neza kugira ngo na bo bazoroze abandi.

Yagize ati “ Icyo tubasaba ni ukuzifata neza kuko inka iba igenewe umuryango cyane cyane ko n’ iyo imaze kubyara uwayihawe aba agomba guha n’umuturanyi, kubera ko n’iyo urugo rwe n’urw’umuturanyi biteye imbere ari byo tuba twifuza muri iyi gahunda ya Girinka.”

Akarere ka Nyarugenge kihaye intego yo gutanga inka 276 muri gahunda ya Girinka ziziyongera ku ka 1668 zimaze gutangwa kuva iyi gahunda yo koroza abaturage batishoboye yatangira.

Uwimana Vénantie wo mu Mudugudu wa Kamatamu, mu Kagari ka Kankuba, yabwiye IGIHE ko azafata neza inka ye mu buryo budasanzwe.

Yagize ati “ Inka yanjye nzayifata neza nk’uko nanjye nifata, nzajya nyisiga amavuta nyoze mbega nyisasire neza nk’uko nanjye aho ndyama ari heza kuko igiye kumpa amata.”

Abaturage bahawe inka basabwe kuzazifata neza bakoroza bagenzi babo
Abaturage bakiriye neza iki gikorwa
Iki gikorwa cyakozwe nyuma y'umuganda rusange witabiriwe n'abaturage batari bake
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere aha ikaze abashyitsi
Uwimana Vénantie yavuze ko azafata neza inka yahawe mu buryo budasanzwe.

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages