00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Meya Mukanyirigira yahize kugarura Rulindo imbere mu mihigo

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 14 December 2021 saa 11:49
Yasuwe :

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo Mukanyirigira Judith yahize kongera kugarurira ishema n’ibyishimo ako Karere kahoranye, kakaza ku mwanya wa mbere mu mihigo.

Uyu muyobozi yabivuze nyuma yo kwegukana igikombe nk’Akarere kahize utundi mu Ntara y’Amajyaruguru mu kurwanya akarengane na ruswa.

Meya Mukanyirigira, yagize ati"Akarere gafite abakozi kandi bafite imbaraga, ni abahanga, baracyari bato kandi n’abaturage ni abakozi bakunda umurimo. Bazabikora kuko ntabwo nabikora njyenyine kandi mpamya ko ibigwi byahahoze tuzabigarukana."

Meya Mukanyirigira yakomeje avuga ko icyo bashyize imbere ari ubufatanye kandi kuba begukanye igikombe cyo kurwanya akarengane na ruswa ari ikimenyetso kerekana ko n’ibindi bishoboka.

Yagize ati “Twabyakiriye neza ariko binaduhaye umukoro kuko ntabwo iki gikombe tugomba kukirekura no mu bihe bizaza tugomba kuzagitwara tunaharanira ko no mu bindi bikorwa tuza imbere. Imbaraga tuzanye ni ubufatanye bw’inzego zose kuko na mbere gahiga utundi ni uko buri wese yakoraga noneho bagahuriza hamwe."

Mu mihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2010-2011, Akarere ka Rulindo kahize utundi kaba aka mbere ariko mu myaka yakurikiyeho kagiye kagira imyanya ihindagurika.

Nko muri 2016-2017 kaje ku myanya wa 29 mu gihugu, mu 2019-2020 kaba aka 23.

Akarere ka Rulindo kandi kabaye aka gatatu mu mwaka w’ingengo y’imari 2017-2018, kaba aka munani muri 2015-2016 n’aka 11 muri 2011-2012, ariho Umuyobozi wako Mukanyirigira Judith ashingira yemeza ko kukagarura ku myanya wa mbere aribyo bashyize imbere.

Meya Mukanyirigira yijeje ko azakora ibishoboka byose Rulindo igasubira mu myanya myiza mu mihigo
Akarere ka Rulindo kahize utundi mu Ntara y'Amajyaruguru mu kurwanya akarengane na ruswa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages