00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mineduc yabajijwe ikibazo cy’umwarimu wakoraga ubushakashatsi na Mininfra ikabutangira isoko

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 25 June 2018 saa 09:39
Yasuwe :

Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, bahase ibibazo Minisiteri y’Uburezi n’izindi nzego ziyishamikiyeho ku kibazo cy’umwarimu watangiye gukora ubushakashatsi, nyuma akaza kumva ko hari abandi bari kubukoraho.

Uwo mwarimu wagejeje ikibazo cye kuri iyo komisiyo ni Munyandamutsa Philippe, wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (CAVEM), akaba n’Umunyeshuri ku rwego rwa Phd muri Kaminuza ya Gent mu Bubiligi.

Munyendamutsa yandikiye Inteko ayisaba kumurengenura, aho ngo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatanze isoko ryerekeye ibyo ari gukoraho ubushakashatsi ‘ku mafi yo mu kiyaga cya Kivu’, akaba afite impungenge ko bizatuma adahabwa impamyabumenyi ye mu gihe yabumurika n’iyo Minisiteri iri kubukoraho.

Yasobanuye ko icyo kibazo yakigaragarije Mineduc, ikagisuzuma igasanga gifite ishingiro ariko ko kuva ubwo yasobanurirwaga ko minisiteri itabikoraho kandi nawe ari kubikora ariko akagaragaza ko atabyizera kuko afite gihamya ko abashakashatsi bahawe isoko na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ari abarimu be, ndetse ko bakoresha laboratoire imwe.

Kuri uyu wa Mbere ubwo izo mpande zombi zaganiraga ku bibazo birebana n’uburezi byagejejejwe ku Nteko, Adepite babajije Mineduc icyo bagikozeho.

Depite Edda Mukabagwiza yavuze ko ikibazo cya Munyendamutsa kimaze igihe kandi ko umuvuduko wo kugikemura uri hasi ku buryo gishobora kuzarangira n’ubushakashatsi bwarangiye cyangwa butagifite uburemere.

Ati “Mineduc yahaye umushakashatsi uburengenzira bwo gukora ubushakashatsi, muri Minisiteri runaka naho mu mikorere yaho ya buri munsi bakoze ubushakashatsi bwenda kugira aho buhuriye! Bihuzwa bite?”

Visi Perezida w’iyi Komisiyo, Depite Nyirahirwa Vénéranda, yabwiye Minisitiri w’Uburezi n’itsinda ryaje rimuherekeje ko Munyandamutsa bavuganye, akamwemerera ko ibyangombwa byose bigaragaza ko ubwo bushakashatsi ari ubwe abifite kandi ko igihe cyose yakenerwa yabisobanura.

Perezida wa Komisiyo, Mukazibera Agnès, yavuze ko iki kibazo kivuzwe igihe kinini, asaba Minisitiri ko bibaye ngombwa yagikurikina ubwe.

Ati “Bishobotse, ubwo turamusabira mu rwego rw’ubuvugizi bwacu, kuko iki kibazo kimaze igihe kinini, njye numvaga bibaye ngombwa Minisitiri mucyinjiyemo ubwanyu mukaba mwanamuha gahunda akaza akakibabwira.”

Yakomeje avuga ko hari n’amakuru y’uko Kaminuza ishobora kuba yaranamwimye icyemezo kugira ngo akomeze kwiga hanze, avuga ko bibaye ari ukuri, byaba ari no guhombye igihugu.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Eugène Mutimura, yemeye ko icyo kibazo cya Munyandamutsi kizwi ariko ko gifatwa mu buryo butari bwo, cyane cyane aho bivugwa ko hari ibyangombwa bye byabuze.

Yakomeje agira ati “Ntabwo ari umuntu umwe cyangwa urwego rumwe rwagikemura. Ni byiza ko twatekereza kureba, ubwo bushakashatsi bwari bugamije kureba iki? N’ibindi biburanga ariko bigakorwa n’inzego zitandukanye.”

Yakomeje agira ati “Minisiteri y’Uburezi ntiyabikora yonyine idafatanije n’iy’Ibikorwa Remezo, bidakoranye na RDB, ishinzwe umutungo mu by’ubwenge, bidafatanyije na UR na HEC.”

Ikibazo cy’uko ashobora kuba yarimwe ibyangombwa ngo yige, Dr. Mutimura yavuze ko bikwiye gusuzumwa ko abaye yarabyimwe byaba ari ikibazo, yiyemeza kubikurikirana.

Impande zombi zasoje zemeranyije ko mu cyumweru kimwe, Abadepite bazaba bagejejweho raporo mu nyandiko y’uko icyo kibazo hamwe n’ibindi byagaragajwe bizaba byafatiwe umwanzuro.

Minisitiri w'Uburezi, Eugène Mutimura (ibumoso); Dr Emmanuel Mugisha uyobora Inama nkuru y'amashuri makuru na za Kaminuza n'Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe Igenamigambi n’Imiyoborere, Dr Musafiri Papias Malimba; ubwo bahaga ibisobanuro Abadepite
Abakozi ba Mineduc n'ibindi bigo biyishamikiyeho bageza ibisobanuro ku badepite
Minisitiri w'Uburezi, Dr Eugène Mutimura, yavuze ko ikibazo cy'uyu mwarimu agiye kugikurikirana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages