Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) irategura igikorwa cyo kwibuka abahoze ari Abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ubwo yitwaga Minisiteri y’ubucuruzi, Mine n’Ubukorikori (MINICOMART).
Uyu muhango uzaba ku wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2013 guhera saa kumi n’imwe za nimugoroba, ku cyicaro cya MINICOM giherereye ku Kimihurura mu nyubako ya Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga.
Abamaze kumenyekana bazibukwa ni aba bakurikira
1. Kanyarwanda Felicien
2. Candari Augustin
3. Rwigema Sylvere
4. Rutaremara Jean de la Croix
5. Mukarwego Francine
6. Nsabimana Pierre Claver
7. Bazatoha Pierre Celestin
8. Karokora Claudien
9. Kabandana Pangrace
10. Bamusayidire Liberatha
11. Haguma Etienne
12. Gashumba David
13. Ruranganwa Alphonse
14. Nahayo Jean Baptiste
15. Mukamurigo Euphigenie
16. Mbahiha Eugene
17. Karimbanya Martin
18. Kayitare Samuel
19. Kayumba André
20. Gakwaya Augustin
21. Gasinzigwa Ignace
22. Rugimbiraho Bertrand
23. Bambasi Pierre Damien
24. Ngarambe Theoneste
25. Kayitakire Florent
26. Munyurangabo Anselme
MINICOM iboneyeho gusaba abari abakozi bayo mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside hamwe n’Abakomoka ku miryango y’Abazize Jenoside bari Abakozi b’iyi Minisiteri kuzitabira uyu muhango.
MINICOM kandi irasaba buri muntu wese waba azi abandi bakozi bakoraga muri iyi Minisiteri bazize Jenoside, batagaragara ku rutonde rwavuzwe haruguru, ko yahamagara kuri nimero 0788545776 na 0788849310, agatanga ayo makuru kugira ngo na bo bashyirwe ku rutonde rw’Abagomba kwibukwa. Habonetse amazina n’amafoto yabo byaba ari akarusho.
«Dukomeze kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda duharanira kwigira.»



















TANGA IGITEKEREZO