Babitangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro (WDA), Gasana Jérôme, muri iki cyumweru ubwo yasuraga amashuri atandukanye yo mu Karere ka Ngororero mu bukangurambaga abakozi ba Minisiteri y’Uburezi n’ibigo biyishamikiyeho barimo bugamije guteza imbere ireme ry’uburezi.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko ibidindiza ireme ry’uburezi bidakwiye gushakirwa mu bushobozi gusa kuko hari ibindi abayobozi b’ibigo, ababyeyi, abanyeshuri n’inzego z’ibanze bakwikorera birimo nko gukumira abana bata ishuri, gufasha abana gukoresha ibikoresho bahabwa, gusana inyubako, gukumira ibiyobyabwenge n’ibindi.
Gasana yagize ati “Usanga hari aho mudasobwa ibitse bavuga ngo batayica. Twabasabye ko bongera amasaha umunyeshuri ayihorana, bakabaha imikoro bakora nyuma y’amasomo kugira ngo babone umwanya wo gukomeza kuzikinisha zagira ikibazo zigakorwa ariko zikava mu bubiko zikajya mu ntoki z’abarimu n’abanyeshuri kugira ngo ejo najya ku isoko ry’umurimo batazamubwira ngo uzuza iyo raporo bikamunanira [...] Ibintu byose twabasabye guhindura nta na kimwe gisaba amafaranga ni imyumvire, ni imitekerereze.”
Nyuma yo kugera ku ishuri rya Gatumba TSS na Kavumu TSS, agasanga bimwe mu bikoresho abanyeshuri bigiraho bifatwa nabi, Gasana yababwiye ko bidakwiye ko hari ibintu abayobozi b’ibigo basuzugura kandi ariryo shingiro ry’ireme ry’uburezi.
Ati “Umwana isura yabonye ku ishuri niyo agomba gutahana. Nabona iriho ibyondo, najya ku isoko ry’umurimo azitwara uko. Ireme ry’uburezi ntabwo ari amafaranga, si inyubako cyangwa ibikoresho gusa bimwe bisaba amafaranga menshi. Ireme ry’uburezi ripfira muri utu tuntu dufitiye ubushobozi ariko tutabasha gukora. Ugasanga umwana yasibye, ngo sinarebye mu gitabo cyo guhamagara.”
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bamaze gusobanurirwa byimbitse n’itsinda ry’abakozi ba Mineduc, batangaje ko bagiye kwikosora nkuko Umuyobozi wa GS Kanogo, Maniragaba Laurent, yabisobanuye avuga ko by’umwihariko ku bana bata ishuri, bagiye kubakurikirana bafatanyije n’abayobozi b’inzego z’ibanze bakarigarukamo naho inyubako z’ikigo zikeneye gusanwa bagafatanya n’ababyeyi bakazisana.
Umuyobozi w’Ikigo cya ES Nyange, Gapasi Uwamungu Leonard, kimwe mu byo abakozi ba Mineduc basanze kigerageza mu gusigasira ireme ry’uburezi, yavuze ko byose bisaba ubufatanye hagati y’abarezi n’ababyeyi.
Ubu bukangurambaga ni ubw’ibyumweru bibiri buri gukorwa mu bigo by’amashuri bisaga 600 byo mu turere twose tw’igihugu, bufite insanganyamatsiko igira iti “imyigire myiza n’indangagaciro, ni ishingiro ry’uburezi bufite ireme.”



















TANGA IGITEKEREZO