00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Bizimana yasobanuye ibyiza byo kugira urubyiruko ruzi amateka

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 5 February 2024 saa 11:02
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu,Dr Bizimana Jean Damascène, yasabye urubyiruko kwihatira kumenya mateka y’igihugu kuko bizatuma bamenya ibibi byayabayemo, biyemeze kwirinda ko byazasubira.

Ibi yabigarutseho kuwa 27 Mutarama 2024 ubwo yaganirizaga urubyiruko rwiga muri za Kaminuza n’amashuri yisumbuye yo mu Ntara y’Amajyepfo,byabereye muri UR-Huye.

Minisitiri Dr Bizimana yeretse urubyiruko ko abantu bose ku isi baba bagomba kumenya amateka y’igihugu cyabo, ay’umuryango bakomokamo ndetse n’ay’aho batuye, kuko abafasha kugira ngo bayigireho, bakamenyamo ibyiza bakabikomeza, ibibi bakabikosora.

Yavuze ko kugira ngo igihugu cyose gikomere ndetse n’abagituye bashobore kubaho neza biyubashye, ari uko babaho mu muco kandi umuco ukaba ugizwe n’indangagaciro.

Yifashishije ibyabereye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu myaka yatambutse, Dr Bizimana yerekanye uburyo abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside, izo ndangagaciro zose nziza zirimo ubunyangamugayo,ubutwari n’izindi bari barazitakaje.

Ati “Hari igihe muri iki gihugu indangagaciro nziza zishwe kandi biba igihe kirekire gisaga imyaka 35. Izo ndangagaciro zishwe n’abantu bize Kaminuza. Aho kuba urumuri n’agakiza bya rubanda nk’uko intego iy’iyi Kaminuza yabivugaga, bo babigisha kwica’’.

Yabwiye urubyiruko rw’uyu munsi ko rwo rufite amahirwe kuko ruri kwigishwa ibyiza kandi rukaba rwaravukiye mu gihugu kiyobowe neza.

Yifashishije indirimbo y’umuhanzi ya Rugamba Cyprien yitwa ngo “Ntumpeho’’, yasabye urubyiruko kugendera kure inyigisho zose zihembera urwango,ubwicanyi no kwanga igihugu,abasaba ko uwagerageza kubayobya.

Ati “Nihagira ubabwira kwanga u Rwanda, kwanga umukuru w’igihugu cyangwa kwanga ubuyobozi, mujye mumubwira muti: Ihamanire’’.

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu itangaza ko ibiganiro nk’ibi bizakomereza no mu zindi ntara z’u Rwanda mu rwego rwo gufasha urubyiruko kumenya amateka.

Minisitiri Bizimana yibukije urubyiruko ko rugomba kwihatira kumenya amateka y'igihugu
Urubyiruko rw'abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na Kaminuza bagaragaje ko bo bashyiza imbere urukundo n'ubunyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages