Kuri uyu wa 29 Nzeli i Kigali ku kicaro cya minisiteri y’ubutabera, Johnston Busingye yakiriye mugenzi we wo mu gihugu cya Gambia, Mama Fatima baganira ku buryo kuburyo iki gihugu cyakigira ku Rwanda kurwanya ruswa ndetse no guharanira uburenganzira bwa muntu.
Minisitiri Fatima yabwiye IGIHE ko yaje mu rugendo shuri kuganira na mugenzi we ku buryo igihugu cye cyakigira ku Rwanda mu bijyanye no kurandura ruswa. Ikindi kandi akomeza avuga ko ateganya gusura inzego zitandukanye z’u Rwanda zishinzwe kurwanya ruswa; harimo Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda, ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amasoko ya Leta (RPPA), komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ishinzwe kurwanya ruswa, ibiro by’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta ndetse n’urwego rw’umuvunyi.
Yagize ati:” U Rwanda ni igihugu gifite imiyoborere myiza ishingiye no ku kurwanya ruswa. Gambia iteganya gushyiraho urwego rw’igihugu rushinzwe kurwanya ruswa, ubwo rero naje mu Rwanda kugira ngo ndebe uburyo inzego zo kurwanya ruswa zuzuzanya, uburyo ibibazo bya ruswa babirwanya, ndetse n’uburyo izo nzego zuzuzanya.”
Minisitiri Busingye yavuze ko umubano hagati y’u Rwanda na Gambia uri gutangira, kuko ari rwo ruzinduko rwa mbere minisitiri w’ubutabera w’iki gihugu agiriye mu Rwanda. Akomeza anavuga ko uyu mubano uzakomeza, ibi bihugu bigafatanya kubaka ubutabera bubereye abaturage babyo.
Yagize ati:” Umubano nibwo uri gutangira ariko nizeye ko uzakomeza maze tugafatanya kubaka ubutabera. Turanatekereza ko uzagenda utera intambwe. Icyo twishimiye ni uko utangiye, ikindi tugomba kuwubyaza umusaruro mwishi ushoboka. […]”
Nk’uko Busingye akomeza abivuga ngo Gambia irateaganya gushyiraho Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu, akaba ariyo mpamvu biteganyijwe ko Fatima azasura komisiyo y’u Rwanda y’uburenganzira bwa muntu kugira ngo arebe uko ikora.



















TANGA IGITEKEREZO