00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Busingye yasabye abasoje amasomo muri ILPD gushyira ingufu mu kubaka ubutabera

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 8 June 2017 saa 07:36
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yasabye abanyeshuri basoje amasomo yabo mu ishuri rikuru ryigisha rikanateza imbere amategeko, Institute of Legal Practice and Development (ILPD) kugaragaza itandukaniro bagashyira ingufu mu kubaka ubutabera bw’ibihugu bakomokamo.

Yabigarutseho mu ijambo rye kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Kamena 2017, ubwo yari yitabiriye igikorwa cyo gutanga impamyabumenyi ku nshuro ya gatandatu ku banyamategeko 428 basoje amasomo yabo muri iryo shuri.

Minisitiri Busingye yagarutse ku mateka ya ILPD, avuga ko kuva yafungura imiryango muri 2008 imaze gutanga umusanzu ukomeye mu kubaka ubutabera bw’u Rwanda, bityo asaba abahasoje amasomo gukomeza kugaragaza itandukaniro bateza imbere ibihugu byabo.

Yagize ati “Ndahamya ntashidikanya ko abahawe impamyabumenyi bafite ubumenyi n’ubushobozi buhagije bwo guteza imbere ubutabera mu bihugu byabo, mukwiye kugaragaza itandukaniro, mu byo mukora, aho mukorera, mu bubanyi n’amahanga n’ahandi hose.”

Bamwe mu bahawe impamyabumenyi babwiye IGIHE ko bungutse byinshi kandi bizabafasha cyane mu mwuga wabo, by’umwihariko bavuga ko bagiye gutanga umusanzu mu kurandura burundu ruswa n’akarengane.

Me Rutebuka Jean Patrick yagize ati “Natangiye kwiga hano mu mpera za 2015, nungutse byinshi numva ko bizamfasha cyane mu mwuga wanjye. Kurwanya ruswa n’akarengane bisanzwe ari inshingano zacu, ariko ubu bigiye kuba akarusho kubera uburyo bwiza twizemo ndetse n’ibyo twungutse, kandi twagiye tubikoraho igisa n’ubushakashatsi tubona ko bishoboka”.

Umuyobozi mukuru wa ILPD, Aimable Havugiyaremye, yavuze ko mu banyeshuri bose 428 bahawe impamyabumenyi 118 ari abaturuka mu bihugu by’amahanga, bityo bakaba bakomeje gukora ibishoboka byose ngo iryo shuri ribe mpuzamahanga mu buryo bwa nyabwo.

Kuva ILPD yafungura imiryango mu mwaka wa 2008, imaze gutanga impamyabumenyi ku banyamategeko b’umwuga bagera ku 1424. Kugeza ubu abagana iryo shuri baturuka mu bihugu birimo Uganda, Zambia, u Burundi, Malawi, Cameroon, Kenya, Sudani y’Epfo n’u Rwanda.

Bamwe mu banyamategeko basoje amasomo yabo
Abasoje amasomo basabwe gushyira ingufu mu bikorwa byo kubaka ubutabera bw'ibihugu byabo
Bamwe mu bagize imiryango y'abasoje amasomo bifatanyije na bo
Minisitiri Busingye, abayobozi ba ILPD n'abasoje amasomo mu ifoto y'urwibutso
Aimble Havugiyaremye, Umuyobozi Mukuru wa ILPD yavuze ko bakomeje gukora ibishoboka byose ngo iri shuri ribe mpuzamahanga
Minisitiri w'ubutabera akaba n'Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye yabasabye guteza imbere ubutabera aho bakomoka

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages