Mu mihigo y’umwaka wa 2021 2022, aka Karere kaje ku mwanya wa 24 mu Turere 27 dufite ubuzima gatozi, aho gafite amanota 70.88%.
Kuri uyu wa 7 Gashyantare 2023, mu nzu mberabyombi y’Akarere ka Gicumbi hateraniye inama ihuza abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 21 igize aka Karere.
Ni inama kandi yitabiriwe n’abahagarariye Inama Njyanama y’Akarere, abikorera, abafatanyabikorwa mu iterambere n’abahagarariye amadini n’amatorero, ngo barebere hamwe icyakosorwa mu mihigo.
Bimwe mu byagaragajwe ko byatumye Gicumbi ibona amanota make mu mihigo, harimo ibikorwaremezo n’ibikorwa byo kubakira abaturage batishoboye.
Umukozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa biri mu mihigo y’uturere, Ishimwe Caroline, yasobanuye ko Akarere gashobora guhiga kubakira abaturage, ariko hakabaho gutinda kuboneka kw’amafaranga, cyangwa umufatanyabikorwa agatinda kuzuza amasezerano bagiranye.
Ariko ibyo ngo ntabwo Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) gishinzwe gukurikirana imihigo cyabona umwanya wo kubyitaho.
Yagize ati "Umwaka ushize Akarere kari gafite imihigo 90, muri iyo mihigo 60 yaratsinze, ariko 30 ntibayigeraho."
Minisitiri w’umutekano akaba n’imboni y’Akarere Gasana Alfred, yasabye ko inzego zitandukanye zifatanya kuyobora Akarere, kubikosora.
Ati "Ntabwo guseka byahagaze, bizongera nyuma. Mwagaragarijwe aho mwatsikiye, ariko kaba ari agahomamunwa n’umuhigo ukurikira kuba twaba habi kurushaho."
Yabasabye ko hagomba kubaho ubufatanye, ababwira ko aho guhiga imihigo myinshi bikakugora kuyesa, ushobora kugabanyaho ariko ugakora ibishoboka.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, yasabye abayobozi kumva ko aho buri wese yagaragarijwe inzitizi yagize mu kazi, agomba kureba uko yakwiminjiramo agafu, by’umwihariko hakabaho ubufatanye, aho buri umwe ufite imbogamizi akifashisha abo bakorana.
Ati "Aho twasubiye inyuma reka dufatanye kuhakosora, nubwo turi bashya muri aka karere dufatanya n’abatekinisiye basanzwe bamaze igihe mu karere, aho tutakoze neza mu mihigo turisegura, umwanya wa 24 si mwiza, ariko tugomba kubikosora."
Iyi nama yahuje inzego zitandukanye, yagarutse cyane ku kwita ku bikorwa remezo by’abaturage, harimo kubaka ibiraro kandi bikagaragara ko byuzuye, kubakira abaturage inzu ku gihe kandi zikomeye, kumenya niba hari ibigo nderabuzima byubatswe kandi ibyo bigo bikaba bitanga serivisi ku baturage.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!